Abaturage basabwe kugira uruhare rugaragara mu igenamigambi ry’igihugu
Nyagahondo, Rugera – 14 Ukwakira 2025
Mu nteko z’abaturage zabereye hirya no hino mu Karere kuri uyu wa 14 Ukwakira 2025, abaturage n’abayobozi baganiriye ku nsanganyamatsiko zitandukanye zigamije guteza imbere imibereho myiza n’iterambere rirambye.
Inteko yitabiriwe n’abayobozi batandukanye ndetse n’abaturage b’Akagari ka Nyagahondo mu Murenge wa Rugera, iyoborwa n’Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana HABANABAKIZE Jean Claude.
Mu biganiro byabaye, hanagarutswe ku ngingo zifitanye isano n’isuku n’isukura, uruhare rw’ababyeyi mu gutuma abana bafata ifunguro rya saa sita ku ishuri, ndetse no ku ruhare rw’umuturage mu igenamigambi ry’Igihugu n’ishyirwa mu bikorwa rya Gahunda y’Iterambere ry’Imyaka itanu (2024–2029).
Abaturage bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo no kubaza ibibazo birebana n’imibereho yabo ya buri munsi. Ibibazo byinshi byasubijwe ako kanya, ibindi bihabwa umurongo wo gukurikiranwa n’inzego zibifitiye ububasha.
Bwana HABANABAKIZE yashimangiye ko inteko z’abaturage ari uburyo bukomeye bwo kwegera abaturage, kumva ibitekerezo byabo no kubasobanurira gahunda za Leta zigamije iterambere rusange. Yaboneyeho gusaba buri muturage kugira uruhare mu igenamigambi ry’Akarere no gushyigikira gahunda za Leta zirebana n’uburezi, isuku, ubuhinzi, n’imibereho myiza.
“Iterambere ry’igihugu ntirishoboka hatabayeho uruhare rw’umuturage. Twese dufite inshingano mu kubaka igihugu cyacu,”, Bwana HABANABAKIZE Jean Claude.
Abaturage bitabiriye inteko bashimiye abayobozi uburyo bakomeje kubegera, bagasobanurirwa gahunda zitandukanye kandi bakaboneraho n’amahirwe yo gutanga ibitekerezo bigamije kunoza serivisi n’iterambere ryabo.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…