TRANSPARENCY INTERNATIONAL RWANDA MU NAMA KU IGENAMIGAMBI N’IMITANGIRE YA SERIVISI
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya Transparency International Rwanda, Mme MUKARUKUNDO Odette, mu nama nyunguranabitekerezo yibanze ku mitangire ya serivisi n’uruhare rw’umuturage mu igenamigambi.
Iyi nama yashingiye ku byavuye mu bushakashatsi bwakozwe mu myaka itanu ishize ku bufatanye na GIZ Rwanda, bwagarutse ku kubona amakuru no gusangizanya amakuru ajyanye n’igenamigambi n’ingengo y’imari.
Abitabiriye inama bagaragaje ko ari ngombwa ko nta muturage n’umwe uhezwa mu bikorwa by’igenamigambin’ingengo y’imari, by’umwihariko abantu bafite ubumuga, kugira ngo bagire uruhare rusesuye mu ifatwa ry’ibyemezo bibareba.
Hanaganiriwe ku gukoresha uburyo butandukanye bwo kugeza amakuru ku baturage, harimo udusanduku tw'ibitekerezo koranabuhanga (Digital Suggestion Box), kugira ngo abaturage babashe gutanga ibitekerezo, ibibazo n’inama zabo mu buryo bworoshye kandi bwihuse, bityo barusheho kugira uruhare mu iterambere ry’Akarere.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…