URUBYIRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze amezi atandatu rwigishwa imyuga itandukanye. Muri uru rubyiruko, abakobwa bari 16 naho abahungu bari 4, bigaragaza uruhare rugaragara rw’abakobwa mu kwitabira imyuga no kwihangira imirimo.

Aya mahugurwa yatanzwe na ATPROC RWANDA LTD ikorera mu Murenge wa Mukamira, aho urubyiruko rwahuguwe gukora ibikoresho bitandukanye bikozwe mu ruhu. Mu masomo bize harimo gukora inkweto zo mu ruhu z’ubwoko bwose, ibikapu, imikandara, amakofi ndetse n’imipira yo gukina ikoze mu ruhu. Ibi byabafashije kunguka ubumenyi ngiro bubafasha kwinjira ku isoko ry’umurimo no kwihangira imirimo.

Igikorwa cyabanjirijwe no gusura ibikorwa byakozwe n’uru rubyiruko, aho abitabiriye babonye ubuhanga n’ubuziranenge bw’ibicuruzwa bakoze. Hanabayeho kandi umwanya wo kumva ubuhamya bwa bamwe mu barangije amahugurwa, bagaragaza ko ubumenyi bahawe bwabongereye icyizere, bubafasha gutekereza ku mishinga y’ahazaza no kwiteza imbere.

Mu mpanuro zatanzwe, urubyiruko rwashishikarijwe gukora ibikenewe ku isoko ry’umurimo haba mu bwinshi no mu bwiza, kwibumbira mu ma koperative, kwizigamira no gukorera ku ntego, kuba intangarugero aho bari hose ndetse no kwirinda ibiyobyabwenge n’izindi ngeso mbi. Iki gikorwa cyashimangiye akamaro k’amahugurwa y’imyuga mu guteza imbere urubyiruko no kubaka ejo hazaza heza h’ubukungu bw’Igihugu.


ICYUMWERU CY’UMUJYANAMA, UMWANYA WO KWEGERA ABATURAGE

Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…

Read more →

URUGENDO SHURI KU KWESA IMIHIGO MU KARERE KA NGOMA

Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…

Read more →

NYABIHU: HATERANIYE INTEKO RUSANGE YA 28 Y’INAMA Y’IGIHUGU Y’URUBYIRUKO

Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…

Read more →

IKIRARO CYO MU KIRERE CYA SHYIRA, CYATEJE IMBERE IMIGENDERANIRE N’UBUHAHIRANE

Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…

Read more →

UBUKANGURAMBAGA KU GUKUMIRA NO KURWANYA IMIRIRE MIBI N’IGWINGIRA MU BANA BATO

Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…

Read more →

TRANSPARENCY INTERNATIONAL RWANDA MU NAMA KU IGENAMIGAMBI N’IMITANGIRE YA SERIVISI

Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…

Read more →

URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →
-->