URUBYIRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze amezi atandatu rwigishwa imyuga itandukanye. Muri uru rubyiruko, abakobwa bari 16 naho abahungu bari 4, bigaragaza uruhare rugaragara rw’abakobwa mu kwitabira imyuga no kwihangira imirimo.
Aya mahugurwa yatanzwe na ATPROC RWANDA LTD ikorera mu Murenge wa Mukamira, aho urubyiruko rwahuguwe gukora ibikoresho bitandukanye bikozwe mu ruhu. Mu masomo bize harimo gukora inkweto zo mu ruhu z’ubwoko bwose, ibikapu, imikandara, amakofi ndetse n’imipira yo gukina ikoze mu ruhu. Ibi byabafashije kunguka ubumenyi ngiro bubafasha kwinjira ku isoko ry’umurimo no kwihangira imirimo.
Igikorwa cyabanjirijwe no gusura ibikorwa byakozwe n’uru rubyiruko, aho abitabiriye babonye ubuhanga n’ubuziranenge bw’ibicuruzwa bakoze. Hanabayeho kandi umwanya wo kumva ubuhamya bwa bamwe mu barangije amahugurwa, bagaragaza ko ubumenyi bahawe bwabongereye icyizere, bubafasha gutekereza ku mishinga y’ahazaza no kwiteza imbere.
Mu mpanuro zatanzwe, urubyiruko rwashishikarijwe gukora ibikenewe ku isoko ry’umurimo haba mu bwinshi no mu bwiza, kwibumbira mu ma koperative, kwizigamira no gukorera ku ntego, kuba intangarugero aho bari hose ndetse no kwirinda ibiyobyabwenge n’izindi ngeso mbi. Iki gikorwa cyashimangiye akamaro k’amahugurwa y’imyuga mu guteza imbere urubyiruko no kubaka ejo hazaza heza h’ubukungu bw’Igihugu.

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…