RUBAYA: ISOKO RISHYA RY’IMBOGA N’IMBUTO RYITEZWEHO GUTEZA IMBERE UBUCURUZI
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu Kagari ka Rubaya mu Murenge wa Mukamira. Iri soko rije kongera isuku n’imibereho myiza y’ibicuruzwa, riboneze uburyo bwo kubibika neza no korohereza abacuruzi gukora batabangamiwe n’imiterere y’ikirere.
Muri iki gikorwa cyari kiyobowe n’Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu, Bwana HABANABAKIZE Jean Claude, yasabye abazakorera muri iri soko kuribungabunga no kuribyaza umusaruro, kugira ngo rizarusheho kubafasha mu iterambere ryabo. Yashimangiye ko imikoreshereze myiza yaryo izagira uruhare mu kuzamura ubucuruzi no guteza imbere abaturage muri rusange.
Umwe mu bacuruzi uzarikoreramo, utashatse ko amazina ye atangazwa, yavuze ko yishimiye iri soko kuko rije gukemura ibibazo bari bafite birimo kunyagirwa n’imvura, kubura aho babika ibicuruzwa ndetse no guhura n’izuba ryangiza umusaruro wabo. Yagaragaje ko iri soko rizafasha kongera umubare w’abacuruzi no guteza imbere imibereho yabo binyuze mu bucuruzi butekanye kandi bunoze.
Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…
Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…
Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…