AMAHUGURWA YA BA SEDOs
Amahugurwa y’iminsi ibiri yagenewe abakozi bashinzwe iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza ku Kagari (SEDOs), yashojwe kuri uyu wa gatanu, tariki ya 20/8/2021, asozwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu, Bwana Nsabimana Cyprien.
Twibutse ko aya mahugurwa yateguwe muri gahunda yo kwinjiza mu nshingano abakozi bashya bo kuri uru rwego, aba bakozi batangiye akazi mu kwezi kwa Nyakanga 2021; aya mahugurwa akaba yarateguwe kandi hagamijwe kongerera ubumenyi abakozi basanzwe bari mu nshingano.
Aya mahugurwa akaba yaribanze cyane ku ishyirwamubikorwa rya gahunda z’iterambere ry’imibereho myiza harimo; Girinka, VUP, Ejo Heza, igenamigambi n’imikorere ishingiye ku Mihigo)
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere akaba yaboneyeho umwanya wo gusaba aba bakozi kurangwa n’ubunyangamugayo mu mikorere yabo ya buri munsi n’ aho bari hose, gutanga serivise nziza ku baje babagana, kwita no gukemura ibibazo bikibangamiye imibereho myiza y’abaturage biri mu bushobozi bwabo kandi bafatanyije n’abaturage, ko bagomba kwita ku kurengera ibidukikije n’ibindi bifitiye akamaro abaturage; nawe yabijeje kubaba hafi ariko anabibutsa ko ntawe ugomba gutandukira, ko uzakugaragaramo azabibazwa.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…