Bakomiseri ba RDRC basuye Akarere ka Nyabihu: Bashimangiye ubufatanye mu guteza imbere imibereho myiza y’abasubijwe mu buzima busanzwe.
Ku gicamunsi cyo ku wa 19 Kanama 2025, bayobowe na perezida warwo, Hon. NYIRAHABINEZA Valerie, bakomiseri b’Urwego rushinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu mitwe yitwaje intwaro (RDRC) bakoreye uruzinduko mu Ntara y’Iburengerazuba, aho bakiriwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu ku bufatanye n’inzego z’umutekano. Urwo ruzinduko rwari rugamije gushimangira ubufatanye hagati ya RDRC n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu guteza imbere abagenerwabikorwa b’uru rwego, binyuze muri gahunda zo kubateza imbere bakibona mu iterambere ry’igihugu.
Mu gusoza uruzinduko, bakomiseri ba RDRC basuye Umudugudu w’Icyitegererezo wa Bihinga, uri mu murenge wa Jenda, akagari ka Rega, aho bamwe mu bagenerwabikorwa ba RDRC basanzwe baravuye mu buzima bwa gisirikare bagasubizwa mu buzima busanzwe batuye. Batanze insimburamaguru kandi abo baturage bashimira byimazeyo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ku bw’ubuyobozi bwiza bwatumye bagarurirwa agaciro binyuze mu miturire ibereye Umunyarwanda n’ubufasha bubafasha kwiyubaka no kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Umudugudu wa Bihinga, nk’uko byagaragajwe n’abayobozi, ni ishusho nyayo y’icyerekezo cy’u Rwanda cyo kudasiga n’umwe inyuma, kikaba kigaragaza intambwe imaze guterwa mu guteza imbere gahunda z’ubumwe n’ubwiyunge, gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare no guharanira iterambere rirambye.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…