Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage no gukomeza kubaka umuryango nyarwanda utekanye kandi ushoboye. Ni igikorwa cyitabiriwe na HABANABAKIZE Jean Claude, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu.

Mu byakozwe muri iki gikorwa,imiryango 10 yashyingiwe byemewe n’amategeko, abana bahabwa amata hagamijwe gukomeza kurwanya imirire mibi,hakorwa kandi ubukangurambaga bwo gusuzuma indwara zitandura. Hanaremerwe umuryango umwe wahabwaga inka, mu rwego rwo kongera ubushobozi bw’abaturage no kubafasha kwiteza imbere binyuze mu bworozi.

Mu ijambo rye,HABANABAKIZE Jean Claude yashimye by’umwihariko Umuyobozi w’Igihugu,Perezida Paul KAGAME, na Minisiteri ifite Umuryango mu nshingano (MIGEPROF),ku bufatanye bugenda butuma ibikorwa bigamije guteza imbere umuryango bigera ku baturage mu buryo bubafasha kwihuta mu iterambere.

Yashimiye kandi abaturage bitabiriye iki gikorwa, anasaba imiryango yashyingiwe kubaka umuryango mwiza, utekanye kandi uzira amakimbirane, kuko ari rwo rushingiro rw’iterambere ry’igihugu. Yagarutse ku kamaro ko kubaho mu buzima buzira umuze, kwita ku mirire y’abana no kubashishikariza kujya ku ishuri, ndetse no guca ukubiri n’ibyangiza umuryango birimo inzoga zitemewe, imyanda n’indi migenzo mibi ibangamira imibereho myiza.

Abaturage bitabiriye iki gikorwa bishimiye serivisi bahawe, bashimira ubuyobozi bw’Akarere n’inzego zose zifatanyije mu gutegura iyi gahunda, bavuga ko ibafasha kumenya no gushyira mu bikorwa inshingano z’umuryango uhamye, uharanira gutanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu.


ICYUMWERU CY’UMUJYANAMA, UMWANYA WO KWEGERA ABATURAGE

Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…

Read more →

URUGENDO SHURI KU KWESA IMIHIGO MU KARERE KA NGOMA

Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…

Read more →

NYABIHU: HATERANIYE INTEKO RUSANGE YA 28 Y’INAMA Y’IGIHUGU Y’URUBYIRUKO

Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…

Read more →

IKIRARO CYO MU KIRERE CYA SHYIRA, CYATEJE IMBERE IMIGENDERANIRE N’UBUHAHIRANE

Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…

Read more →

UBUKANGURAMBAGA KU GUKUMIRA NO KURWANYA IMIRIRE MIBI N’IGWINGIRA MU BANA BATO

Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…

Read more →

TRANSPARENCY INTERNATIONAL RWANDA MU NAMA KU IGENAMIGAMBI N’IMITANGIRE YA SERIVISI

Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…

Read more →

URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →
-->