GAHUNDA ‘’TUBATEGE AMATWI’’
Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 19 Nyakanga 2023, gahunda yateguwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu yiswe ‘’Tubatege amatwi” hagamijwe ko abayobozi begera abaturage, bakabatega amatwi bumva ibibazo byabo, bigasubizwa, abaturage batabanje gusiragira mu zindi nzego; yakomereje ku munsi wayo wa kabiri, mu Murenge wa Mukamira, aho Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe n’abahagarariye inzego z’umutekano baganirije abaturage.
Abayobozi baganirije abitariye iki gikorwa cy’uyu munsi kuri gahunda za Leta zitandukanye, hanyuma n’abitabiriye bahabwa umwanya uhagije wo kugaragaza ibibazo bafite mu nkingi zitandukanye, ari zo: Imiyoborere myiza, Ubukungu, Imibereho myiza; bikeneye ibisubizo kugira ngo bafashwe n’abayobozi babasuye kubona ibisubizo batabanje gusiragira mu zindi nzego.
Abaturage bitabiriye iki igikorwa ari benshi kandi ibibazo bitandukanye bagaragaje byahawe ibisubizo ibindi bihabwa umurongo. Abitabiriye bakomeje kwishimira iyi gahunda yatumye bahura n’abayobozi babo.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…