GAHUNDA YO KWEGERA ABATURAGE NO GUKEMURA IBIBAZO BAFITE
Gahunda yo kwegera abaturage no gukemura ibibazo bafite yatangijwe no guhuza abarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994 n’abakoze jenoside , kuri uyu wa kabiri, tariki ya 25 Ukwakira 2022 mu Murenge wa Shyira ahabereye inama n’abaturage bo muri uyu Murenge, hagamijwe gusaba imbabazi no kuzitanga, guteza imbere Ubumwe n’Ubudaheranwa bw’abanyarwanda, ndetse no gushaka ibizubizo bikwiye ku manza gacaca zitararangira.
Iki gikorwa cyagezweho ku bufatanye bw’Akarere ka Nyabihu n’abafatanyabikorwa, barimo; Association Modeste et Innocent (AMI), RCN Justice et Democratie. Nyuma y’inyigisho nziza zatanzwe, abafite abo bagomba kwishyura imitungo yangijwe mu gihe cya jenoside bashimye inyigisho bahawe ndetse banzura ko bitarenze ku itariki ya 30 Ugushyingo 2022, indishyi bazaba bamaze kuzitanga cyane ko boroherejwe cyane n’abo bahemukiye kugira ngo bakomeze kubana mu mahoro no kunga urunana nta kwishishanya.
Abarokotse jenoside yakorewe abatutsi nabo bashimye uko iyi gahunda yateguwe kandi ko nabo imbabazi bazitanze bidasubirwaho. Iki gikorwa kirakomeza mu yindi Mirenge y’Akarere ka Nyabihu ifite imanza gacaca zitararangira.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…