GUSURA IBIKORWA BIJYANYE NO GUKEMURA IBIBAZO BIBANGAMIYE IMIBEREHO MYIZA Y’ABATURAGE (HSI)
Uyu munsi, tariki ya 08 Ugushyingo 2023,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe` n’itsinda ry’abakozi b’Akarere, barimo umukozi ushinzwe imicungire y’ibiza, uhagarariye urwego rwa DASSO, bari kumwe kandi n’uhagarariye Inama y’Igihugu y’urubyiruko mu Karere ka Nyabihu, bafatanyije n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Mukamira, basuye amazu yubatswe muri gahunda yo gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage, bakomeje basura kandi umubyeyi ufite umwana wagaragaye ko afite imirire mibi.
Muri iyi gahunda hari ibyakozwe bitandukanye, birimo; Kureba inama zakozwe kandi hagatangwa raporo, kureba ibibazo byagaragaye ndetse n’ibyakemuwe byari bibangamiye imibereho myiza y’abaturage, gusura abaturage bubakiwe amazu aribo: Mukarugwiza Odette, Nsabiyaremye Jean Baptiste na Musabyimana Esperance. Hasuwe kandi umubyeyi witwa Masengesho ufite umwana wagaragaye ko afite ikibazo cy’imirire mibi.
Nyuma yo gusura amazu yubatswe ndetse no gusura umubyeyi ufite umwana wagaragaje imirire mibi, Umuyobozi w’Akarere yaganirije abaturage, aho yabashishikarije kugira uruhare mu bibakorerwa no gufata neza ibyo bakorerwa, kwishakamo ubushobozi; naho uyu mubyeyi ufite umwana uri mu mirire mibi, yibukijwe ko agomba kugira uruhare runini mu gushakira umwana ibyo kurya byamufasha kugira ubuzima bwiza, ko agomba kwegera ikigo nderabuzima bakamufasha kureba uko ubuzima bw’umwana buhagaze. Ubuyobozi bw’Umurenge kandi bugomba gukomeza gukurikirana uyu mubyeyi no kumugira inama.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…