GUSURA IBIKORWA BIJYANYE NO GUKEMURA IBIBAZO BIBANGAMIYE IMIBEREHO MYIZA Y’ABATURAGE (HSI)

Uyu munsi, tariki ya 08 Ugushyingo 2023,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe` n’itsinda ry’abakozi b’Akarere, barimo umukozi ushinzwe imicungire y’ibiza, uhagarariye urwego rwa DASSO, bari kumwe kandi n’uhagarariye Inama y’Igihugu y’urubyiruko mu Karere ka Nyabihu, bafatanyije n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Mukamira, basuye amazu yubatswe muri gahunda yo gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage, bakomeje basura kandi umubyeyi ufite umwana  wagaragaye ko afite imirire mibi.

Muri iyi gahunda hari ibyakozwe bitandukanye, birimo; Kureba inama zakozwe kandi hagatangwa raporo, kureba ibibazo byagaragaye ndetse n’ibyakemuwe byari bibangamiye imibereho myiza y’abaturage, gusura abaturage bubakiwe amazu aribo: Mukarugwiza Odette, Nsabiyaremye Jean Baptiste na Musabyimana Esperance. Hasuwe kandi umubyeyi witwa Masengesho ufite umwana wagaragaye ko afite ikibazo cy’imirire mibi.

Nyuma yo gusura amazu yubatswe ndetse no gusura umubyeyi ufite umwana wagaragaje imirire mibi, Umuyobozi w’Akarere yaganirije abaturage, aho yabashishikarije kugira uruhare mu bibakorerwa no gufata neza ibyo bakorerwa, kwishakamo ubushobozi; naho uyu mubyeyi ufite umwana uri mu mirire mibi, yibukijwe ko agomba kugira uruhare runini mu gushakira umwana ibyo kurya byamufasha kugira ubuzima bwiza, ko agomba kwegera ikigo nderabuzima bakamufasha kureba uko ubuzima bw’umwana buhagaze. Ubuyobozi bw’Umurenge kandi bugomba gukomeza gukurikirana uyu mubyeyi no kumugira inama. 


ICYUMWERU CY’UMUJYANAMA, UMWANYA WO KWEGERA ABATURAGE

Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…

Read more →

URUGENDO SHURI KU KWESA IMIHIGO MU KARERE KA NGOMA

Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…

Read more →

NYABIHU: HATERANIYE INTEKO RUSANGE YA 28 Y’INAMA Y’IGIHUGU Y’URUBYIRUKO

Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…

Read more →

IKIRARO CYO MU KIRERE CYA SHYIRA, CYATEJE IMBERE IMIGENDERANIRE N’UBUHAHIRANE

Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…

Read more →

UBUKANGURAMBAGA KU GUKUMIRA NO KURWANYA IMIRIRE MIBI N’IGWINGIRA MU BANA BATO

Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…

Read more →

TRANSPARENCY INTERNATIONAL RWANDA MU NAMA KU IGENAMIGAMBI N’IMITANGIRE YA SERIVISI

Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…

Read more →

URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →
-->