GUTANGIZA IGIHEMBWE CY’IHINGA RY’UBWATSI BW’AMATUNGO
Igihembwe cy’ihinga ry’ubwatsi bw’amatungo 2023A, cyatangirijwe mu Murenge wa Rambura, Akagari ka Guliro, Umugudugu wa Nyaguragura, haterwa imbuto z’ibinyamisogwe n’ibinyampeke, twavuga nka; Desmodium, Incinatum, Pannicum chroratum, Kakamega n’izindi, ku buso bungana na hegitari 1(1ha).
Mu kurushaho kwimakaza umuco wo kunywa amata uhereye cyane mu bana bato n’inshuke ndetse no kurwanya igwingira ry’abana, nyuma y’iki gikorwa cyo gutera imbuto, abacyitabiriye bahaye amata abana 27 barererwa muri ECD Kurakibondo yo mu Murenge wa Rambura, binyuze muri LFFS Twitezimbere mu bworozi, baboneyeho nanone gutaha ikusanyirizo rito ry’amata (MCP Rambura) ryubatswe ku nkunga ya RAB RDDP, rikaba ryamurikiwe n’ibikoresho bigezweho byo gutwara, gupima ndetse no gukonjesha amata, ibikoresho byatanzwe ku nkunga ya RDDP, aho bakira litiro 2080 ku munsi.
Iki gikorwa cyitabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Habanabakize Jean Claude, ari kumwe n’abahagarariye inzego z’umutekano zikorera mu Karere, abakozi bafite ubworozi mu nshingano bakorera ku rwego rw’Akarere, urw’Umurenge ndetse n’urw’Akagari hamwe n’ aborozi bibumbiye muri LFFS.
Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…
Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…
Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…