GUTANGIZA URUGERERO RW’INKOMEZABIGWI 11/2023
Urugerero rudaciye ingando rw’Inkomezabigwi 11/2023 rwatangijwe mu Mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, kuri uyu wa mbere, tariki ya 25 Nzeri 2023, ku rwego rw’Akarere ibikorwa by’urugerero byatangirijwe mu Murenge wa Jenda.
Uyu muhango wo gutangiza ibikorwa by’urugerero rw’Inkomezabigwi 11/2023 waranzwe n’ibikorwa bitandukanye, birimo; Kubaka uturima tw’igikoni, kubumba amatafari yo kubakira abatishoboye no gusinya Imihigo. Hatanzwe n’ubutumwa bujyane no kwitabira ibikorwa by’urugerero no kurusoza neza, kwimakaza umuco w’ubutore n’indangagaciro na kirazira z’umuco nyarwanda, kugira ubuzima bufite intego, kwirinda ubushukanyi, ibiyobyabwenge n’ibindi byangiza ubuzima.
Uyu muhango witabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette, Umuyobozi wa Police mu Karere Nyabihu, Umuyobozi wa RIB ku rwego rw’Akarere ka Nyabihu, Umuhuzabikorwa wa DASSO mu Karere, Umukozi w’Akarere ushinwe Itorero, Umunyamabanga Nshingwaabokorwa w’umurenge wa Jenda, abakozi b’umurenge wa Jenda na Ba Rushingwangerero b’Utugari tugize Umurenge wa Jenda.
Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…
Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…
Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…