Guverineri Ntibitura yifatanyije n’Abaturage gushyira inyongeramusaruro ku bigori

Mu rwego rwo gushyigikira gahunda mbaturabukungu ya FOBASI, none kuwa 06 Ugushyingo 2025,Umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba, Bwana NTIBITURA Jean Bosco, ari kumwe n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu n’izindi nzego z’umutekano n’ubuhinzi, yifatanyije n’abaturage bo mu Mudugudu wa Mukaka, Akagari ka Mpinga mu Murenge wa Shyira, mu gikorwa cyo gushyira inyongeramusaruro ku bigori.

Iyi site ihinzeho ibigori ku buso bungana na hegitari 29.7, ikaba iri mu zihanzwe amaso mu kongera umusaruro w’ibigori mu Karere ka Nyabihu n’Intara yose.

Mu ijambo rye, Bwana NTIBITURA Jean Bosco yashimiye Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda ku rwego rwo hejuru rw’ubwitange agira ku mibereho y’abaturage, birimo no kubagezaho inyongeramusaruro y’ubuntu igamije kuzamura umusaruro no gutuma buri rugo rugira uruhare mu kwihaza mu biribwa.

Yasabye abahinzi bo mu Murenge wa Shyira gukomeza kwita ku bihingwa byabo, gukurikiza inama z’abagoronome no guharanira umusaruro mwinshi kugira ngo iyi gahunda yeze imbuto zitezwe.

Nyuma yo kwifatanya n’abaturage mu murima, Umuyobozi w’Intara n’itsinda bari kumwe bakomeje uruzinduko basura amazu ari kubakirwa imiryango yasenyewe n’ibiza mu rwego rwo kureba aho imirimo igeze no kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ryayo.

Uru ruzinduko rwasojwe no gusura Ishuri ryisumbuye rya GS Shyira, aho Guverineri Ntibitura yaganiriye n’abanyeshuri, abasaba gukorana umurava, kwiga bagamije kuzaba abakozi b’indashyikirwa, no gukoresha neza amahirwe igihugu kibaha mu rwego rwo kwiyubakira ejo hazaza heza.


ICYUMWERU CY’UMUJYANAMA, UMWANYA WO KWEGERA ABATURAGE

Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…

Read more →

URUGENDO SHURI KU KWESA IMIHIGO MU KARERE KA NGOMA

Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…

Read more →

NYABIHU: HATERANIYE INTEKO RUSANGE YA 28 Y’INAMA Y’IGIHUGU Y’URUBYIRUKO

Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…

Read more →

IKIRARO CYO MU KIRERE CYA SHYIRA, CYATEJE IMBERE IMIGENDERANIRE N’UBUHAHIRANE

Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…

Read more →

UBUKANGURAMBAGA KU GUKUMIRA NO KURWANYA IMIRIRE MIBI N’IGWINGIRA MU BANA BATO

Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…

Read more →

TRANSPARENCY INTERNATIONAL RWANDA MU NAMA KU IGENAMIGAMBI N’IMITANGIRE YA SERIVISI

Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…

Read more →

URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →
-->