IGIKORWA CYO GUTANGA TELEFONI ZIGEZWEHO

Kuri uyu wa gatanu, tariki ya 13 Werurwe 2020, mu Mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu habaye umuhango wo gutanga tefefone zigezweho(Smart phones) igihumbi(1000). Iki gikorwa ku rwego rw’Akarere ka Nyabihu, cyabereye mu Murenge wa Mukamira, Akagri ka Rubaya, Umudugudu wa Cyivugiza, witabirwa n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo, Bwana Iradukunda Yves wakiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette; hari kandi Bwana Ndatira Fabrice, umukozi ushinzwe ikoranabuhanga muri MTN, Bwana Ruhinguka Desire, umukozi ushinzwe imenyekanishabikorwa muri MTN, abahagarariye abafatanyabikorwa batandukanye harimo Rwanda Mountain Tea, Ecobank, PWC.

Ibirori byitabiriwe nanone n’abayobozi ndetse n’abakozi ku rwego rw’Akarere, urw’Umurenge n’Utugari, abahagarariye inzego z’umutekano zikorera mu Karere ka Nyabihu.

Twibutse ko iyi gahunda #Connect Rwanda ari gahunda ihuriweho na Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo(MINICT), na MTN Rwanda igamije kuzamura umubare w’abatunze telephone zigezweho (Smart phones) mu Rwanda.

Izi telefoni zagiye zitangwa n’abantu ku giti cyabo n’ibigo bitandukanye bya Leta n’ibyigenga babimburiwe na Nyakubahwa Paul Kagame , Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

Abagenerwabikorwa b’iyi gahunda #Connect Rwanda bakaba ari Abanyarwanda badatunze telephone zigezweho(Smart phones). Izi telephone zizafasha abazihawe gusaba serivise zitandukanye zitangwa hifashishijwe Ikoranabuhanga, ndetse zibafashe no kugera ku makuru atandukanye y’ingenzi mu buzima bwabo bifashishije Ikoranabuhanga.

Nk’impano bahawe rero ibafitiye akamaro basabwe kuzibungabunga no kuzifata neza bazirinda abaziba, birinda kuzigurisha cyangwa kuzangiza.

Abagenerwabikorwa basabwe kwitabira no gukurikirana amahugurwa azabafasha kugira ubumenyi bwo gukoresha izi telefone, ayo mahugurwa azatangira ku wa mbere, tariki ya 16 Werurwe 2020 arangire ku wa gatanu, tariki ya 20 Werurwe 2020, akazabera mu Mirenge batuyemo.


URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →

INAMA YAGUYE Y’UMUTEKANO YATERANYE YIGA KU NGINGO ZITANDUKANYE

kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…

Read more →

RUBAYA: ISOKO RISHYA RY’IMBOGA N’IMBUTO RYITEZWEHO GUTEZA IMBERE UBUCURUZI

Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…

Read more →

Kintobo:Meya Mukandayisenga yakiriye Hon.Dusingizemungu mu muganda usoza ukwezi kwa Werurwe

Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…

Read more →

BIGOGWE:IBUYE FATIZO RYASHYIZWE AHAGIYE KUBAKIRWA IMIRYANGO 30

Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…

Read more →

UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMUGOREGORE WIZIHIRIJWE MU MURENGE WA SHYIRA

Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…

Read more →

URUBYIRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →
-->