Imurikabikorwa mu Karere ka Nyabihu

Ku wa 06-07/6/2018, mu Karere ka Nyabihu habereye imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa mu iterambere (JADF Open day). Ni igikorwa ngarukamwaka giteganywa na Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe, ashyiraho JADF akagena inshingano n’imiterere byayo. Igikorwa cyatangiye saa tanu za mu gitondo ku wa 06/6/2018, gifungurwa ku mugaragaro n’Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Nyabihu, Madamu MUSABIMANA Odette. Yibukije insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti ‘Gukorera hamwe, serivisi nziza, umusingi w’iterambere’. Uyu muyobozi yashishikarije abayobozi, abafatanyabikorwa ndetse n’abaturage gukorera hamwe kuko ari byo bifasha kugera ku musaruro. Umuyobozi wa JADF na we yafashe umwanya asobanurira abari bitabiriye impamvu y’iki gikorwa n’akamaro gifitiye abaturage, ashimira abafatanyabikorwa bitabiriye aho yagaragaje ko bagizeuruhare rukomeyemu iterambere ry’Akarere binyuze mu mishinga itandukanye. Yakomeje asaba ko gahunda y’ibikorwa yajya yubahirizwa nk’uko iba yaragaragajwe mu igenamigambi abafatanyabikorwa baba baratanze. Nyuma y’ijambo ry’ikaze,habaye igikorwa cyo gusura stands aho buri mufatanyabikorwa yahawe umwanya wo kumurika ibyo yagezeho mu mwaka wa 2017-2018. Muri iyi gahunda hari hateganyijwe igikorwa cya Accountability day,cyabereye mu cyumba cy’inama cy’Akarere aho cyitabiriwe n’abayobozi mu nzego zitandukanye: Abagize Inama Njyanama y’Akarere Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge n’ab’Utugari Abakuru b’Imidugudu Abahagarariye CNF, CNJ, NCPD.. Inzego z’umutekano Abahagarariye amadini Abahagarariye ibigo bya Leta n’iby’ibyigenga Amakoperative Uhagarariye PSF Inganda Abafatanyabikorwa bakorera mu Karere ka Nyabihu n’abandi Habaye nanone ikiganiro mbwirwaruhame ku kibazo cy’imirire mibi mu Karere no kugwingira, uko giteye ndetse n’impamvu zo kukirwanya. Iki kiganiro cyabereye mu cyumba cy’inama cy’Akarere. Iri murikabikorwa ryasojwe hashimirwa abaryitabiriye kandi basabwa gukomeza gushyira imbaraga mu bikorwa biteza imbere Akarere.

ICYUMWERU CY’UMUJYANAMA, UMWANYA WO KWEGERA ABATURAGE

Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…

Read more →

URUGENDO SHURI KU KWESA IMIHIGO MU KARERE KA NGOMA

Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…

Read more →

NYABIHU: HATERANIYE INTEKO RUSANGE YA 28 Y’INAMA Y’IGIHUGU Y’URUBYIRUKO

Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…

Read more →

IKIRARO CYO MU KIRERE CYA SHYIRA, CYATEJE IMBERE IMIGENDERANIRE N’UBUHAHIRANE

Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…

Read more →

UBUKANGURAMBAGA KU GUKUMIRA NO KURWANYA IMIRIRE MIBI N’IGWINGIRA MU BANA BATO

Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…

Read more →

TRANSPARENCY INTERNATIONAL RWANDA MU NAMA KU IGENAMIGAMBI N’IMITANGIRE YA SERIVISI

Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…

Read more →

URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →
-->