INAMA IHUZA UBUYOBOZI BW’AKARERE N’ABAYOBORA IBIROMBE BYA KARIYERI

Ku wa gatatu , tariki ya 16 Nyakanga 2025, mu cyumba mberabyombi cy’Akarere  habereye inama yahuje Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu n’abayobora ibirombe bya kariyeri, igamije gusobanurira abikorera (abayobora ibirombe bya kariyeri) uburyo bushya bwo gutanga amahoro ku bukode bw’ibirombe ndetse no kubasobanurira amategeko ajyanye no kurengera ibidukikije. Inama yayobowe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Habanabakize Jean Claude.

Inama yibanze ku gusobanukirwa amabwiriza agenga kariyeri, aho abitabiriye inama bongeye kwibutswa amategeko n’ibihano bijyanye n’imicungire ya Mine na Kariyeri, basabwe kandi kujya batangira abakozi babo ubwisungane, gutanga Ejo Heza, kugira uruhare mu iterambere ry’aho bakorera, kwishyura ku gihe imisoro ndetse no kwirinda amakimbirane hagati yabo.

Abitabiriye inama basobanuriwe uburyo bushya abashoramari bazajya bishyuramo amafaranga yo gukodesha umutungo wa Leta, aho umugenzuzi w’imisoro n’amahoro mu Karere yagaragaje amafaranga yari ateganyijwe kwishyura mu birombe, ayishyuwe ndetse n’atarishyurwa mu birombe. Kuri iyi ngingo, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu yasabye abitabiriye inama ko umuntu utarishyura imisoro y’umwaka 2024-2025,  ko bitarenze ku itariki ya 23/7/2025 yaba barangije kwishyura.

Basobanuriwe nanone uburyo bushya, aho hazajya hishyurwa amahoro agendanye n’uburyo umutu yakoze cyane ko byari byaragaragaye ko hari igihe umuntu atanga amafaranga kandi bikarangira adakoze, bityo ubu buryo bushya buzakemura iki kibazo kandi n’Akarere kagire impinduka ku mafaranga kinjiza.  


ICYUMWERU CY’UMUJYANAMA, UMWANYA WO KWEGERA ABATURAGE

Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…

Read more →

URUGENDO SHURI KU KWESA IMIHIGO MU KARERE KA NGOMA

Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…

Read more →

NYABIHU: HATERANIYE INTEKO RUSANGE YA 28 Y’INAMA Y’IGIHUGU Y’URUBYIRUKO

Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…

Read more →

IKIRARO CYO MU KIRERE CYA SHYIRA, CYATEJE IMBERE IMIGENDERANIRE N’UBUHAHIRANE

Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…

Read more →

UBUKANGURAMBAGA KU GUKUMIRA NO KURWANYA IMIRIRE MIBI N’IGWINGIRA MU BANA BATO

Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…

Read more →

TRANSPARENCY INTERNATIONAL RWANDA MU NAMA KU IGENAMIGAMBI N’IMITANGIRE YA SERIVISI

Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…

Read more →

URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →
-->