INAMA NYUNGURANABITEKEREZO KU BUFATANYE NA SAIP
Inama nyunguranabitekerezo ku bufatanye bw’Akarere ka Nyabihu n’Umushinga SAIP (Sustainable Agriculture Intensification Project) yateranye kuri uyu wa gatatu, tariki ya 19 Gashyantare 2020. Iyi nama yari itumiwemo Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge ya Mulinga na Rambura, Abakozi bashinzwe imibereho myiza n’iterambere by`abaturage(SEDOs) baturuka mu Mirenge ya Mulinga na Rambura, abahagarariye amakoperative y’abahinzi, MINAGRI/ District Agriculture Inspector ukorera mu Karere ka Nyabihu.
Iyi nama nyunguranabitekerezo yari igamije kugaragariza abayitabiriye ibyo bamaze kugeraho mu kuzamura ubuhinzi bw’imboga, ibirayi, ibigori, ibishyimbo; kongerera ubushobozi inzego z’abahinzi, kuvugurura ubuhinzi no kugira imirire myiza. Abahinzi kandi bagobwa kongererwa ubushobozi muri gahunda yo kuhira imyaka no gukoresha amazi yo kuhira mu buryo bwiza, guhuza abahinzi n’amasoko no gufasha mu gutunganya umusaruro; gutubura ingemwe z’ibinyomoro, ingemwe z’avoka n’izindi.
Inama yayobowe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Habanabakize Jean Claude ari kumwe n’Umuyobozi w’Umushinga SAIP, Madamu Batamuriza Dorothee.
Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…
Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…
Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…