INAMA Y’IHURIRO FFRP
Muri gahunda yo gusuzumira hamwe uruhare rw’inzego zitandukanye mu kubungabunga umuryango ushoboye kandi utekanye, kuri uyu wa gatatu, tariki ya 21 Ukuboza 2022, hateranye inama yahuje (FFRP), itsinda ry’Ihuriro ry’abanyarwandakazi bari mu Nteko ishinga amategeko rigizwe na Hon. Depite Bakundufite Chrisrtine ari kumwe na Hon. Depite Mukabikino Jeanne Henriette yahuje ibyiciro bitandukanye ari byo, abagize Inama y’ubutekano itaguye y’Akarere ka Nyabihu, abahagarariye inzego z’umuteakano, CNF ku Karere, NCDP ku Karere, abahagarariye inzego z’abagore ku Karere no mu Mirenge, PSF, abahagarariye amadini n’amatorero.
Abitabiriye inama basuzumiye hamwe uruhare rw’inzego zitandukanye zikorera mu Karere, mu rwego rwo kubungabunga umuryango umeze nabi, ku buryo bw’imibanire ndetse n’umutekano.
Nyuma y’inama abagize iri tsinda ry’abadepite bo mu Ihuriro ry’abanyarwandakazi bari mu Nteko ishingamateko basuye imiryango ibiri ibanye mu makimbirane, iyo miryango ibarizwa mu Murenge wa Mukamira., aho bumvise ibibazo bituma bagirana amakimbirane, maze bagira inama abagize iyi miryango y’uko bagomba kwitwara neza mu mibanire yabo.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…