INAMA Y’INAMA NJYANAMA Y’AKARERE
Kuri uyu wa kane, tariki ya 15 Gashyantare 2024, mu cyumba cy’inama cya Guest house ya Mukamira, iherereye mu Murenge wa Mukamira, Akarere ka Nyabihu, hateraniye inama isanzwe y’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyabihu, iyobowe na Perezida wayo, Bwana Habanabakize Protais.
Iyi nama y’Inama Njyanama y’Akarere yatumiwemo abagize komite nyobozi y’Akarere, abahagarariye inzego z’umutekano, abayobozi b’amashami mu Karere, abakozi ku rwego rw’Akarere…
Inama yize ku ngingo zitandukanye harimo; gusoma no kwemeza inyandikomvugo y’inama isanzwe yateranye ku itariki ya 13 Ugushyingo 2023 n’iy’inama idasanzwe yateranye ku wa 29 Ukuboza 2023.
Abitabiriye inama basuzumye imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari ivuguruye y’Akarere, mu mwaka wa 2023-2024, gusuzuma gahunda ivuguruye y’itangwa ry’amasoko ya Leta mu Karere, umwaka wa 2023-2024, gusesengura no kwemeza urutonde rw’abaturage bagomba kwimurwa ku mpamvu z’inyungu rusange, raporo y’ibikorwa bya komite nyobozi y’Akarere mu gihe cy’amezi atandatu, raporo y’ibikorwa by’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere mu gihe cy’amezi atandatu.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere bemeje inyandikomvugo z’inama zabaye, bemeje kandi imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari ivuguruye na gahunda ivuguruye y’itangwa ry’amasoko mu mwaka wa 2023-2024.
Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…
Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…
Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…