INTEKO RUSANGE IDASANZWE YA JADF

Ku wa gatatu, tariki ya 14/3/2018, mu cyumba cy’inama cya Guest house ya Mukamira iherereye mu Murenge wa Mukamira, mu Karere ka Nyabihu, habereye inama y’inteko rusange ya JADF idasanzwe. Inama yatumiwemo aba bakurikira: Abafatanyabikorwa bose bakorera mu Karere ka Nyabihu Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere Abagize Komite Nyobozi y’Akarere Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere Abayobozi b’amashami mu Karere Abagize komite y’impuzamatorero n’amadini Inama yabanjirijwe n’ikiganiro cyatanzwe n’umukozi w’umushinga Hortlnvest/SNV wagize uruhare kandi ugatera inkunga iyi nama. Uyu mukozi yagaragaje ibikorwa bateganya bijyanye no giteza imbere ubuhinzi bw’imboga n’imbuto. Nyuma yo gusesengura uyu mushinga hatanzwe inama ndetse hafatwa gahunda yo kunonosora ibizakenerwa muri uyu mushinga. Ku bijanye n’imihigo y’Akarere, muri rusange inama y’inteko rusange ya JADF yabaye mu buryo bwo gusubiza ibyifuzo by’abafatanyabikorwa ku bijyanye no kugira uruhare n’ubufatanye mu kwesa imihigo y’Akarere y’umwaka wa 2017-2018. Muri rusange imihigo yasuzumwe umuhigo ku wundi harebwa cyane cyane imihigo ikiri inyuma, ibibazo yaba ifite ndetse no gushakira hamwe uko yazamuka. Abitabiriye inama basanze hari imihigo ikeneye gushyirwamo ingufu ikiri inyuma, abafatanyabikorwa bizeza abari bitabiriye inama ko bagiye gushyiramo imbaraga. Umuyobozi yasobanuye ko abafatanyabikorwa bakwiye kurushaho kunoza ibikorwa byabo bikaba byafasha neza kugera ku ntego, asaba ko bagaragaza neza mu buryo busobanutse ibyo bizafasha mu kwesa imihigo y’Akarere.

ICYUMWERU CY’UMUJYANAMA, UMWANYA WO KWEGERA ABATURAGE

Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…

Read more →

URUGENDO SHURI KU KWESA IMIHIGO MU KARERE KA NGOMA

Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…

Read more →

NYABIHU: HATERANIYE INTEKO RUSANGE YA 28 Y’INAMA Y’IGIHUGU Y’URUBYIRUKO

Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…

Read more →

IKIRARO CYO MU KIRERE CYA SHYIRA, CYATEJE IMBERE IMIGENDERANIRE N’UBUHAHIRANE

Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…

Read more →

UBUKANGURAMBAGA KU GUKUMIRA NO KURWANYA IMIRIRE MIBI N’IGWINGIRA MU BANA BATO

Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…

Read more →

TRANSPARENCY INTERNATIONAL RWANDA MU NAMA KU IGENAMIGAMBI N’IMITANGIRE YA SERIVISI

Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…

Read more →

URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →
-->