ISUZUMA RY’IMIHIGO YA MUTIMAWURUGO
Itsinda riturutse ku Ntara y’Iburengerazuba riyobowe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’iyo Ntara, Madamu Uwambajemariya Florence, ryasuye Umurenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu, aho baje muri gahunda yo gukora isuzuma ry’imihigo ya Mutimawurugo n’Umudugudu ntangarugero.
Aba bashyitsi bakiriwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza, Bwana Simpenzwe Pascal, ari kumwe n’abakozi bakorera ku rwego rw’Akarere bafite mu nshingano ikurikirana ry’ibi bikorwa. Muri iri risuzuma ry’Imihigo ya Mutimawurugo n’Umudugudu ntangarugero hari kandi abagize Inama y’Igihugu y’abagore ku rwego rw’Akarere ndetse no ku rwego rw’Umurenge.
Abagize itsinda bagenzuye ibikorwa mu mpapuro nyuma hakurikiraho umwanya wo gusura ibikorwa byagezweho mu Mudugudu ntangarugero(Transformational Village), wa Rebero, uherereye mu Kagari ka Rugarama, aho abagize itsinda baganirije abagize Komite y’umudugudu n’abaturage bawutuye, babagira inama zitandukanye .
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…