KURASA KU NTEGO

Mu rwego rwo gukurikirana uko gahunda zigamije kurengera abatishoboye zibafasha kwivana mu bukene no kwishimira iby’abaturage bagezeho babikesha gahunda zo kurengera abatishoboye, kuri uyu wa gatatu, tariki ya 28 Kamena 2023, mu Mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, habaye igikorwa cyo kurasa ku ntego, aho abagenerwabikorwa ba Social protection bagaragaje ibyo inkunga baterwa na Leta zimaze kubagezaho bivana mu bukene.

Iki gikorwa ku rwego rw’Akarere cyabereye mu Murenge wa Rambura, aho cyitabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe n’intumwa ya LODA, Madamu Mukarwego Immmaculee, waje ahagarariye umuyobozi mukuru, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rambura, Kabarisa Salomon, Umuyobozi w’ishami ry’imibereho myiza mu Karere, Mutwarangaho Simon, Umujyanama wa Komite Nyobozi y’Akarere ka Nyabihu, Nyirishema Athanase, hari kandi n’umukozi w’Umurenge ushinzwe imibereho myiza.

Igice cya mbere cy’iki gikorwa cyaranzwe no gusura abagenerwabikorwa mu ngo zabo harebwa ibyo bagezeho, iri tsinda ryasuye urugo mbonezamikurire rushamikiye kuri VUP( Home based ECD) rwo kwa Nteziyaremye Jean Baptiste, ruhereye mu Kagari ka Kibisabo, bakomeje igikorwa basura undi mugenerwabikorwa wa Social protection witeje imbere abikesheje inguzanyo yahawe binyuze muri VUP/Financial service. Iki gikorwa cyasorejwe ku biro by’Umurenge wa Rambura, ahateraniye imbaga y’abaturage bitabiriye igikorwa cy’uyu munsi.

Uyu munsi waranzwe n’ibyishimo byinshi byagaragajwe n’abagenerwabikorwa aho benshi bagiye batanga ubuhamya ku byo izi gahunda za social protection zabagejejeho, harimo; kugura amatungo, imirima, gukora ubucuruzi buciriritse, ubuhinzi..Bigatuma bikura mu bukene mu ngo zabo babikesha Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda.

Umuyobozi w’Akarere yahaye abaturage  ubutumwa bubakangurira gukomeza gukora cyane bakagera kuri byinshi bityo bagaca ukubiri n’ubukene aho bazabigeraho baca ukubiri n’ingeso mbi nk’ubusinzi, amakimbirane mu ngo n’ibindi..Yashimiye kandi ikigo cya LODA gikomeje gufatanya n’Akarere mu kuzamura imibereho y’abaturage.


ICYUMWERU CY’UMUJYANAMA, UMWANYA WO KWEGERA ABATURAGE

Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…

Read more →

URUGENDO SHURI KU KWESA IMIHIGO MU KARERE KA NGOMA

Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…

Read more →

NYABIHU: HATERANIYE INTEKO RUSANGE YA 28 Y’INAMA Y’IGIHUGU Y’URUBYIRUKO

Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…

Read more →

IKIRARO CYO MU KIRERE CYA SHYIRA, CYATEJE IMBERE IMIGENDERANIRE N’UBUHAHIRANE

Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…

Read more →

UBUKANGURAMBAGA KU GUKUMIRA NO KURWANYA IMIRIRE MIBI N’IGWINGIRA MU BANA BATO

Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…

Read more →

TRANSPARENCY INTERNATIONAL RWANDA MU NAMA KU IGENAMIGAMBI N’IMITANGIRE YA SERIVISI

Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…

Read more →

URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →
-->