KURASA KU NTEGO

Mu rwego rwo gukurikirana uko gahunda zigamije kurengera abatishoboye zibafasha kwivana mu bukene no kwishimira iby’abaturage bagezeho babikesha gahunda zo kurengera abatishoboye, kuri uyu wa gatatu, tariki ya 28 Kamena 2023, mu Mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, habaye igikorwa cyo kurasa ku ntego, aho abagenerwabikorwa ba Social protection bagaragaje ibyo inkunga baterwa na Leta zimaze kubagezaho bivana mu bukene.

Iki gikorwa ku rwego rw’Akarere cyabereye mu Murenge wa Rambura, aho cyitabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe n’intumwa ya LODA, Madamu Mukarwego Immmaculee, waje ahagarariye umuyobozi mukuru, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rambura, Kabarisa Salomon, Umuyobozi w’ishami ry’imibereho myiza mu Karere, Mutwarangaho Simon, Umujyanama wa Komite Nyobozi y’Akarere ka Nyabihu, Nyirishema Athanase, hari kandi n’umukozi w’Umurenge ushinzwe imibereho myiza.

Igice cya mbere cy’iki gikorwa cyaranzwe no gusura abagenerwabikorwa mu ngo zabo harebwa ibyo bagezeho, iri tsinda ryasuye urugo mbonezamikurire rushamikiye kuri VUP( Home based ECD) rwo kwa Nteziyaremye Jean Baptiste, ruhereye mu Kagari ka Kibisabo, bakomeje igikorwa basura undi mugenerwabikorwa wa Social protection witeje imbere abikesheje inguzanyo yahawe binyuze muri VUP/Financial service. Iki gikorwa cyasorejwe ku biro by’Umurenge wa Rambura, ahateraniye imbaga y’abaturage bitabiriye igikorwa cy’uyu munsi.

Uyu munsi waranzwe n’ibyishimo byinshi byagaragajwe n’abagenerwabikorwa aho benshi bagiye batanga ubuhamya ku byo izi gahunda za social protection zabagejejeho, harimo; kugura amatungo, imirima, gukora ubucuruzi buciriritse, ubuhinzi..Bigatuma bikura mu bukene mu ngo zabo babikesha Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda.

Umuyobozi w’Akarere yahaye abaturage  ubutumwa bubakangurira gukomeza gukora cyane bakagera kuri byinshi bityo bagaca ukubiri n’ubukene aho bazabigeraho baca ukubiri n’ingeso mbi nk’ubusinzi, amakimbirane mu ngo n’ibindi..Yashimiye kandi ikigo cya LODA gikomeje gufatanya n’Akarere mu kuzamura imibereho y’abaturage.


URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →

INAMA YAGUYE Y’UMUTEKANO YATERANYE YIGA KU NGINGO ZITANDUKANYE

kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…

Read more →

RUBAYA: ISOKO RISHYA RY’IMBOGA N’IMBUTO RYITEZWEHO GUTEZA IMBERE UBUCURUZI

Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…

Read more →

Kintobo:Meya Mukandayisenga yakiriye Hon.Dusingizemungu mu muganda usoza ukwezi kwa Werurwe

Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…

Read more →

BIGOGWE:IBUYE FATIZO RYASHYIZWE AHAGIYE KUBAKIRWA IMIRYANGO 30

Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…

Read more →

UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMUGOREGORE WIZIHIRIJWE MU MURENGE WA SHYIRA

Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…

Read more →

URUBYIRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →
-->