MINISITIRI W'UBURINGANIRE N'ITERAMBERE RY'UMURYANGO YAGANIRIYE N'ABATURAGE MURI GAHUNDA YA "TUBATEGE AMATWI"
Ku wa 03 Nyakanga 2026, Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango, Hon. UWIMANA Consolée, yagiriye uruzinduko rw'akazi mu Karere ka Nyabihu, aho yakiriwe n'Umuyobozi w'Akarere, Madamu MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe n'inzego z'umutekano.
Uru ruzinduko rwakomereje mu Murenge wa Karago, Akagari ka Kadahenda, aho Minisitiri yaganirije abaturage muri gahunda ya "Tubatege Amatwi". Ikiganiro cyibanze ku gukumira no kurwanya icyaha cyo gusambanya abana n'inda ziterwa abangavu, kwimakaza ihame ry'uburinganire n'ubwuzuzanye binyuze mu bufatanye bw'abagize umuryango, ndetse no gusobanura ibiranga umuryango ushoboye kandi utekanye.
Nyuma y'ibiganiro, abaturage bahawe umwanya wo kubaza ibibazo no gutanga ibitekerezo. Ibibazo byabajijwe byasubijwe, mu gihe ibindi byahawe umurongo n'inzego zibishinzwe kugira ngo bikurikiranwe bishakirwe ibisubizo.

Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…
Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…
Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…