Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu rugamije kureba uko gahunda za Leta zishyirwa mu bikorwa no kwegera abaturage hagamijwe guteza imbere imibereho yabo.
Ku munsi wa mbere w’uruzinduko, Minisitiri HABIMANA Dominique, ari kumwe n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu, basuye ibikorwa bitandukanye by’iterambere biherereye mu gice cya Gishwati, birimo amaterasi, inzuri n’imihanda. Ibi bikorwa byasuwe hagamijwe kureba aho bigeze, uko bifasha mu kurengera ibidukikije no guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi mu karere.
Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko yasuye ishami ritanga serivisi z’ubutaka, imyubakire n’ibikorwa remezo mu Karere ka Nyabihu, agamije kureba imikorere n’imitangire ya serivisi ku baturage. Yasabye abakozi b’iri shami kurushaho kwegera abaturage hagamijwe kwihutisha serivisi no kuzitangana ubunyangamugayo.
Nyuma y’aho, Minisitiri yakoranye inama n’Ubuyobozi bw’Akarere, abayobozi b’amashami n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge, aho yagaragarijwe aho Akarere kageze mu iterambere, imbogamizi zihari n’ingamba zashyizweho zo gukomeza guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.
Ku gicamunsi, ari kumwe n’Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba n’ubw'Akarere, bifatanyije n’abaturage b’Imirenge ya Jomba, Mulinga, Rambura na Rurembo mu Nteko z’Abaturage bafatanya kumva ibyifuzo n’ibibazo bitandukanye mukubikemura.Yasabye abitabiriye inama kugira uruhare rugaragara mu gutuma bahabwa serivisi nziza, bagaragaza abayitanga nabi, kurushaho kugira n’isuku,imibanire myiza hirindwa amakimbirane, guharanira ibikorwa byo kwiteza imbere no kurinda ibyagezweho. Minisitiri yanibukije akamaro ko kwitegura Irangamuntu Koranabuhanga, hibandwa ku gukosora imyirondoro kugira ngo serivisi zitangwe neza kandi ku gihe.
Uru ruzinduko rwashimangiye imikoranire myiza hagati y’ubuyobozi n’abaturage, ndetse runagaragaza umuhate wa Leta mu gukomeza kwegera abaturage no kwihutisha iterambere rirambye.
Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…
Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…
Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…