Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu rugamije kureba uko gahunda za Leta zishyirwa mu bikorwa no kwegera abaturage hagamijwe guteza imbere imibereho yabo.
Ku munsi wa mbere w’uruzinduko, Minisitiri HABIMANA Dominique, ari kumwe n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu, basuye ibikorwa bitandukanye by’iterambere biherereye mu gice cya Gishwati, birimo amaterasi, inzuri n’imihanda. Ibi bikorwa byasuwe hagamijwe kureba aho bigeze, uko bifasha mu kurengera ibidukikije no guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi mu karere.
Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko yasuye ishami ritanga serivisi z’ubutaka, imyubakire n’ibikorwa remezo mu Karere ka Nyabihu, agamije kureba imikorere n’imitangire ya serivisi ku baturage. Yasabye abakozi b’iri shami kurushaho kwegera abaturage hagamijwe kwihutisha serivisi no kuzitangana ubunyangamugayo.
Nyuma y’aho, Minisitiri yakoranye inama n’Ubuyobozi bw’Akarere, abayobozi b’amashami n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge, aho yagaragarijwe aho Akarere kageze mu iterambere, imbogamizi zihari n’ingamba zashyizweho zo gukomeza guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.
Ku gicamunsi, ari kumwe n’Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba n’ubw'Akarere, bifatanyije n’abaturage b’Imirenge ya Jomba, Mulinga, Rambura na Rurembo mu Nteko z’Abaturage bafatanya kumva ibyifuzo n’ibibazo bitandukanye mukubikemura.Yasabye abitabiriye inama kugira uruhare rugaragara mu gutuma bahabwa serivisi nziza, bagaragaza abayitanga nabi, kurushaho kugira n’isuku,imibanire myiza hirindwa amakimbirane, guharanira ibikorwa byo kwiteza imbere no kurinda ibyagezweho. Minisitiri yanibukije akamaro ko kwitegura Irangamuntu Koranabuhanga, hibandwa ku gukosora imyirondoro kugira ngo serivisi zitangwe neza kandi ku gihe.
Uru ruzinduko rwashimangiye imikoranire myiza hagati y’ubuyobozi n’abaturage, ndetse runagaragaza umuhate wa Leta mu gukomeza kwegera abaturage no kwihutisha iterambere rirambye.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…