RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu ku ruhare rukomeye bagira mu iterambere ry’igihugu. Ku rwego rw’Akarere wijihirijwe mu Murenge wa Rambura.Ni umuhango witabiriwe na Visi Meya ushinzwe imibereho myiza, Bwana SIMPENZWE Pascal, ari kumwe n’inzego zitandukanye zifite uburezi mu nshingano.

Mu birori byabereye muri uyu murenge, hahembwe abarimu bahize abandi mu nshingano zabo, hagamijwe gukomeza guteza imbere ireme ry’uburezi no gushishikariza abandi guharanira indangagaciro z’umwuga. Abitabiriye basabwe gukomeza kurangwa n’ubufatanye n’ubwitange, hubahirizwa amabwiriza ya Leta, cyane ko insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: “Uburezi ni umwuga usaba ubufatanye.”

Uhagarariye abarimu mu Murenge wa Rambura,UWINEZA Delphine, yashimangiye ko abarimu biyemeje gukomeza kuba umusemburo w’iterambere binyuze mu gutanga uburezi bufite ireme no kurushaho gukorera hamwe n’inzego zose zibafasha.

Mu bihembo byatanzwe,BARIGISHA Eustache wo ku mashuri abanza ya Mutaho niwe wazituriwe inka nk’ishimwe ryo kugaragaza ubwitange n’umusaruro mwiza mu kazi ke ka buri munsi. Ni igikorwa cyashimishije cyane abarezi n’abaturage, kigaragaza agaciro Leta n’inzego z’ibanze baha umwarimu nk’umusingi w’iterambere.

Abitabiriye bashimiye Leta y’u Rwanda ku bikorwa binyuranye biteza imbere imibereho myiza y’abarezi birimo Koperative Umwalimu SACCO, kuri ubu ifasha abarimu kwizigamira no kwiteza imbere binyuze mu nguzanyo zinyuranye,ndetse na buruse Leta igenera abarimu hagamijwe kongera ubumenyi n’ubunyamwuga mu rwego rwo guteza imbere ireme ry’uburezi.

Ibirori byasojwe n’ubutumwa bwo kwifuriza abarimu n’abaturage bose iminsi mikuru myiza, no gukomeza gukorera hamwe hagamijwe kubaka ejo hazaza h’Igihugu gishingiye ku burezi bufite ireme.


ICYUMWERU CY’UMUJYANAMA, UMWANYA WO KWEGERA ABATURAGE

Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…

Read more →

URUGENDO SHURI KU KWESA IMIHIGO MU KARERE KA NGOMA

Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…

Read more →

NYABIHU: HATERANIYE INTEKO RUSANGE YA 28 Y’INAMA Y’IGIHUGU Y’URUBYIRUKO

Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…

Read more →

IKIRARO CYO MU KIRERE CYA SHYIRA, CYATEJE IMBERE IMIGENDERANIRE N’UBUHAHIRANE

Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…

Read more →

UBUKANGURAMBAGA KU GUKUMIRA NO KURWANYA IMIRIRE MIBI N’IGWINGIRA MU BANA BATO

Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…

Read more →

TRANSPARENCY INTERNATIONAL RWANDA MU NAMA KU IGENAMIGAMBI N’IMITANGIRE YA SERIVISI

Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…

Read more →

URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →
-->