RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu ku ruhare rukomeye bagira mu iterambere ry’igihugu. Ku rwego rw’Akarere wijihirijwe mu Murenge wa Rambura.Ni umuhango witabiriwe na Visi Meya ushinzwe imibereho myiza, Bwana SIMPENZWE Pascal, ari kumwe n’inzego zitandukanye zifite uburezi mu nshingano.
Mu birori byabereye muri uyu murenge, hahembwe abarimu bahize abandi mu nshingano zabo, hagamijwe gukomeza guteza imbere ireme ry’uburezi no gushishikariza abandi guharanira indangagaciro z’umwuga. Abitabiriye basabwe gukomeza kurangwa n’ubufatanye n’ubwitange, hubahirizwa amabwiriza ya Leta, cyane ko insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti: “Uburezi ni umwuga usaba ubufatanye.”
Uhagarariye abarimu mu Murenge wa Rambura,UWINEZA Delphine, yashimangiye ko abarimu biyemeje gukomeza kuba umusemburo w’iterambere binyuze mu gutanga uburezi bufite ireme no kurushaho gukorera hamwe n’inzego zose zibafasha.
Mu bihembo byatanzwe,BARIGISHA Eustache wo ku mashuri abanza ya Mutaho niwe wazituriwe inka nk’ishimwe ryo kugaragaza ubwitange n’umusaruro mwiza mu kazi ke ka buri munsi. Ni igikorwa cyashimishije cyane abarezi n’abaturage, kigaragaza agaciro Leta n’inzego z’ibanze baha umwarimu nk’umusingi w’iterambere.
Abitabiriye bashimiye Leta y’u Rwanda ku bikorwa binyuranye biteza imbere imibereho myiza y’abarezi birimo Koperative Umwalimu SACCO, kuri ubu ifasha abarimu kwizigamira no kwiteza imbere binyuze mu nguzanyo zinyuranye,ndetse na buruse Leta igenera abarimu hagamijwe kongera ubumenyi n’ubunyamwuga mu rwego rwo guteza imbere ireme ry’uburezi.
Ibirori byasojwe n’ubutumwa bwo kwifuriza abarimu n’abaturage bose iminsi mikuru myiza, no gukomeza gukorera hamwe hagamijwe kubaka ejo hazaza h’Igihugu gishingiye ku burezi bufite ireme.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…