U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu Karere ka Nyabihu bitangwa mu nsanganyamatsiko igira iti: “Dushyigikire Umuryango udaheza abantu bafite ubumuga duteze imbere imibereho myiza.” Ukaba witabiriwe n’inzego zitandukanye zirimo:Urwego rw’Igihugu rushinzwe Abantu bafite Ubumuga ,Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yarihagarariwe na Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba,Imiryango yita ku bafite ubumuga, imiryango y’abafatanyabikorwa ndetse n’abaturage bo mu Karere ka Nyabihu.
Uyu munsi waranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije kwimakaza ihame ryo kudasiga umuntu n’umwe inyuma, birimo gutanga inyunganirangingo, insimburangingo, ndetse n’ibihembo bitandukanye byahabwaga abafite ubumuga mu rwego rwo kubashyigikira no kubafasha kunoza imibereho yabo ya buri munsi.
Mu rwego rwo gushimangira ubwitabire n’ubusabane, abafite ubumuga bakinnye umukino wa BOCCIA hamwe n’abashyitsi, berekana ko siporo ari inzira y’ubumwe n’ubuzima bwiza. Hanatambukijwe imyiyereko y’indirimbo n’imbyino gakondo, ndetse haboneka n’ikinamico yagarukaga ku ruhare rw’ababyeyi mu kubungabunga no guteza imbere umuryango uha agaciro abantu bafite ubumuga, byerekana ko buri wese afite uruhare mu kubaka sosiyete idahutaza cyangwa ngo iheze.
Umushyitsi mukuru wari witabiriye ibi birori ni Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Bwana NTIBITURA Jean Bosco, uhagarariye Intara y’Iburengerazuba . Mu ijambo rye, yagarutse ku ruhare rw’inzego zose mu guteza imbere imibereho myiza y’abafite ubumuga, anizeza ubufatanye buhoraho mu kubashyigikira mu bikorwa byose bibafasha kwiteza imbere no kugira uruhare mu mibereho y’igihugu.
Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…
Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…
Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…