UBUKANGURAMBAGA BWA MINISITERI Y’UBUREZI.
Ubukangurambaga bwa Minisiteri y’Uburezi bwakomereje mu Rwunge rw’amashuri ya Vunga, kuri uyu wa 31/01/2019, aho Minisitiri w’Uburezi, Dr. MUTIMURA Eugene afatanyije n’ umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu MUKANDAYISENGA Antoinette, abahagarariye inzego z’umutekano n’abandi bayobozi.
Uyu muyobozi yasuye ikigo, areba aho umwarimu yigisha, asura abanyeshuri, atangiza na gahunda yo kugaburira abana amata; aho yashishikarije ababyeyi kugira uruhare muri iyi gahunda ku buryo kuri buri funguro buri mwana azajya ahabwa amata. Minisitiri w’Uburezi yishimiye ubuyobozi bw’ishuri ku isuku n’imiyoborere myiza bigaragara muri iki kigo, agenera igihembo umuyobozi w’ishuri. Uyu muyobozi kandi yagarutse ku ireme ry’uburezi aho Minisiteri y’Uburezi izajya ikoresha isuzumabumenyi buri kwezi na buri gihembwe kuri buri cyiciro cy’amashuri. Yemereye ikigo umurongo wa Internet wa 4G, ibikoresho bya computer lab bizakoreshwa mu ishami rya Computer Science. Yavuze kandi kuri gahunda ya Leta yo kuzamura imibereho myiza ya mwarimu.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…