UMUGANDA RUSANGE USOZA UKWEZI KWA NYAKANGA 2024
Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Nyakanga mu mwaka wa 2024 wakorewe mu Tugari twose tugize Akarere ka Nyabihu, kuri uyu wa gatandatu, tariki ya 27 Nyakanga 2024; ku kwego rw’Akarere wabereye mu Murenge wa Rugera, Akagari ka Gakoro, Umudugugdu wa Bweru.
Uyu muganda wakorewe mu muhanda wa Kadahenda-Nyakiriba wibanze ku bikorwa bitandukanye birimo: gutinda ibiraro byari bishaje, gusibura imigende no gusiba ibinogo…witabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe n’abahagarariye inzego zitandukanye; inzego z’umutekano( RDF, Police, RIB, DASSO), ubuyobozi bw’Umurenge n’Utugari n’abandi.
Nyuma y’umuganda, abayobozi baganirije abari bawitabiriye kuri gahunda za Leta zinyuranye, aho umuyobozi w’Inkeragutabara ku rwego rw’Akarere afatanyije n’Umuyobozi wa Polisi Sitasiyo ya Rugera batanze ikiganiro kijyanye n’umutekano.
Umuyobozi w’Akarere, Madamu Mukandayisenga Antoinette yaganirije abitabiriye kuri gahunda nzamurabushobozi mu mashuri, gahunda yo kwikura mu bukene, kugaburira abana ku mashuri, kugira isuku ahantu hose, Umuganura uteganyijwe mu kwezi gutaha kwa Kanama…
Abitabiriye umuganda ngarukakwezi bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo, ibyifuzo no kubaza ibibazo, ibibazo byagaragajwe byasubijwe ibindi bihabwa umurongo.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…