UMUHANGO WO GUSHYINGURA MU CYUBAHIRO

Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 13 Mata 2022, mu Karere ka Nyabihu, habereye umuhango wo gushyingura mu cyubahiro imibiri y’inzirakarengane zazize jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994, mu rwibutso rwa Mukamira, rwubatse mu Murenge wa Mukamira, Akagari ka Rugeshi, Umududugu wa Kazuba.

Umuyobozi w’Akarere  ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette, mu ijambo yavuze aha ikaze abitabiriye uyu muhango, yaboneyeho umwanya wo kwihanganisha imiryango yarokotse jenoside yakorewewe abatutsi, asubira muri make ku mateka yaranze aka karere, ahahoze ari Komini Nkuri, icyahoze ari Komini Karago.. ko ariho  hageragerejwe jenoside kuva kera na mbere ya 1994, akomeze asaba abitabiriye iki gikorwa gukomeza kuba umwe muri gahunda ya Ndi Umuyarwanda n’Ubumwe n’Ubwiyunge, yongera gusaba abafite amakuru y’aho imibiri yaba ikiri itarashyingurwa ko bagomba kuyatanga kugira ngo nayo ishyingurwe mu cyubahiro, iki kandi kikaba cyagarutsweho n’umuyobozi wa IBUKA mu Karere Nyabihu, Bwana Juru Anastase, wagaragaje ko hari imibiri myinshi y’inzirakarengane zazize jenoside yakorewe abatutsi itaraboneka ngo nayo ishyingurwe mu cyubahiro

Twibutse ko iyi mibiri ine yashyinguwe mu cyubahiro uyu munsi , irimo umwe wabonetse mu Murenge wa Mukamira, indi mibiri itatu yabonetse mu Murenge wa Jenda, ije isanga indi mibiri 2202 isanzwe iruhukiye mu rwibutso rwa Mukamira, yose hamwe ikaba ibaye imibiri 2206.

Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Bwana Habitegeko Francois, yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyabihu muri uyu muhango, witabiriwe n’abayobozi batandukanye haba ku rwego rw’Igihugu, ndetse no kurw’Intara., harimo Abasenateri, Abadepite, abahagarariye inzego z’umutekano, abayobozi ndetse n’abakozi b’Akarere, abakozi ku Murenge n’Utugari, abashyitsi baturutse impande zose z’Igihugu hamwe n’abaturage benshi.

Minisitiri w’Ibidukikije, akaba n’imboni y’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mujawamariya Jeanne d’Arc, ari nawe mushyitsi mukuru muri uyu muhango, yibukije abawitabiriye, ko bagomba gutahiriza umugozi umwe maze bakirinda icyabatandukanya, bubahiriza gahunda za Leta zigamije guhuza  abanyarwanda bose, bakirinda ingengabitekerezo ya Jenoside aho iva ikagera.

Twibuke twiyubaka.


URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →

INAMA YAGUYE Y’UMUTEKANO YATERANYE YIGA KU NGINGO ZITANDUKANYE

kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…

Read more →

RUBAYA: ISOKO RISHYA RY’IMBOGA N’IMBUTO RYITEZWEHO GUTEZA IMBERE UBUCURUZI

Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…

Read more →

Kintobo:Meya Mukandayisenga yakiriye Hon.Dusingizemungu mu muganda usoza ukwezi kwa Werurwe

Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…

Read more →

BIGOGWE:IBUYE FATIZO RYASHYIZWE AHAGIYE KUBAKIRWA IMIRYANGO 30

Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…

Read more →

UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMUGOREGORE WIZIHIRIJWE MU MURENGE WA SHYIRA

Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…

Read more →

URUBYIRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →
-->