UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMUGORE
Umunsi mpuzamahanga w’umugore wizihirijwe mu Mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, kuri uyu wa gatanu, tariki ya 15 Werurwe 2024, ku rwego rw’Akarere ka Nybihu, uyu munsi mukuru wizihirijwe mu Murenge wa Jenda.
Umunsi w’umugore wahawe insanganyamatsiko igira iti’’ Imyaka 30, Umugore mu iterambere’’. Ibirori by’uyu munsi byitabiriwe n’abashyitsi batandukanye; umushyitsi mukuru yari Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette, hari kandi Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyabihu, Bwana Habanabakize Protais, Umuyobozi w’Ingabo mu Karere, Umuyobozi wa Police mu Karere, Uhagarariye Rwanda Investigation Bureau(RIB), National Intelligence and Security Services(NISS), Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’abagore ku rwego rw’Akarere, Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga…
Muri ibi birori hatanzwe ubutumwa butandukanye, aho Umuyobozi w’Akarere yakanguriye abagore ko bagomba kwitinyuka bagakora bakiteza imbere.
Habaye n’igikorwa cyo kuremera abagore bagenzi babo, hatanzwe ; Inka 4, Intama 7, amafaranga ibihumbi magana abiri( 200.000frs), Imashini umunani (8) zidoda zahawe abakobwa babyariye iwabo, ibishyimbo ibiro ijana(100kgs), ibigori ibiro mirongo itanu(50kgs), ibirayi ibiro mirongo ine(40kgs).
Umunsi wasojwe n’ubusabane.
Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…
Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…
Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…