URUZINDUKO RW’UMUYOBOZI WATURUTSE MU GIHUGU CYA SENEGALI.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette, yakiriye kuri uyu wa kane, tariki ya 23 Mutarama 2020, Bwana Khalilou BA (1er Adjoint Maire de la Commune de Gandou au Senegal du Nord), waje muri gahunda y’Abayobozi 13 b’Uturere baturutse mu Gihugu cya Senagali (Senegal) bari mu rugendoshuri mu Turere dutandukanye tugize Igihugu cy’u Rwanda.
Nyuma yo kwakirwa n’abayobozi b’akarere ka Nyabihu, uyu mushyitsi yakoranye inama n’abagize Komite Nyobozi y’Akarere, abahagarariye inzego z’umutekano, bamwe mu bakozi b’Akarere: aho baganiriye ku ngingo zitandukanye, harimo
Kwerekana mu magambo make imiterere y’akarere,
Gusobanurira umushyitsi gahunda za Leta y’u Rwanda n’aho rugeze rwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994
Gusobanurira umushyitsi mukuru uko inzego za Leta zubatse mu Karere
Gusobanurira umushyitsi imibereho y’abaturage b’Akarere ka Nyabihu muri rusange.
Umushyitsi na we yasobanuye ikibagenza mu nshamake ko ari “Urugendoshuri bajemo mu Rwanda rwo kureba aho Iguhugu kigeze cyiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 ndetse no kureba uko ibishingwe (imyanda) yo mu Rwanda yabyazwa umusaruro”, asobanura uko inzego za Leta ya Senegal zubatse, uko serivisi( Service) zitangwa ndetse n’iterambere ry’Igihugu cya bo muri rusange,
Akarere ka Nyabihu kageneye umushyitsi impano, hafatwa n’ifoto y’urwibutso.
Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…
Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…
Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…