URUZINDUKO RW’UMUYOBOZI WATURUTSE MU GIHUGU CYA SENEGALI.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette, yakiriye kuri uyu wa kane, tariki ya 23 Mutarama 2020, Bwana Khalilou BA (1er Adjoint Maire de la Commune de Gandou au Senegal du Nord), waje muri gahunda y’Abayobozi 13 b’Uturere baturutse mu Gihugu cya Senagali (Senegal) bari mu rugendoshuri mu Turere dutandukanye tugize Igihugu cy’u Rwanda.
Nyuma yo kwakirwa n’abayobozi b’akarere ka Nyabihu, uyu mushyitsi yakoranye inama n’abagize Komite Nyobozi y’Akarere, abahagarariye inzego z’umutekano, bamwe mu bakozi b’Akarere: aho baganiriye ku ngingo zitandukanye, harimo
Kwerekana mu magambo make imiterere y’akarere,
Gusobanurira umushyitsi gahunda za Leta y’u Rwanda n’aho rugeze rwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994
Gusobanurira umushyitsi mukuru uko inzego za Leta zubatse mu Karere
Gusobanurira umushyitsi imibereho y’abaturage b’Akarere ka Nyabihu muri rusange.
Umushyitsi na we yasobanuye ikibagenza mu nshamake ko ari “Urugendoshuri bajemo mu Rwanda rwo kureba aho Iguhugu kigeze cyiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 ndetse no kureba uko ibishingwe (imyanda) yo mu Rwanda yabyazwa umusaruro”, asobanura uko inzego za Leta ya Senegal zubatse, uko serivisi( Service) zitangwa ndetse n’iterambere ry’Igihugu cya bo muri rusange,
Akarere ka Nyabihu kageneye umushyitsi impano, hafatwa n’ifoto y’urwibutso.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…