URUZINDUKO RWA GUVERINERI W’INTARA Y’IBURENGERAZUBA.

Umukuru w’Intara y’Iburengerazuba, Bwana Habitegeko Francois yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Karere ka Nyabihu, kuwa gatatu tariki ya 08 Nzeli 2021, yifatanyije n’abagize inama y’Akarere y’umutekano itaguye hamwe n’abaturage  mu gikorwa cyo gutangiza Igihembwe cy’ihinga 2022 A, mu Kagari ka Rukoma, Umurenge wa Mukamira, haterwa imbuto y’ibigori mu materasi y’indinganire.

Guverneri yakomeje uruzinduko, kuwa kane tariki ya 09 Nzeri aho yasuye ibikorwaremezo bitandukanye, biherereye mu Mirenge ya Rugera na Shyira, birimo ikiraro cya Nyamutera, ikiraro cya Giciye, icya Rubagabaga n’icya Kiruruma gihuza Akarere ka Nyabihu na Gekenke, yasuye umugezi wa Musarara urimo kubungabungwa, uyu mugezi wakunze kuzura ugasenyera abaturage mu gihe cy’ibiza, asura abatuye mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Kazirankara, agera ahari ibikumba, abagira inama kugira ngo umusaruro w’umukamo wiyongere.

Nyuma yakomereje mu Murenge wa Rugera, Akagari ka Nyagahondo, Umudugudu wa Muhare, muri Santere ya Tubungo aho ari kumwe n’abagize inama y’umutekano y’Akarere itaguye yakoranye inama n’abaturage baturutse mu Mirenge ya Rugera na Shyira abaganiriza kuri gahunda zitandukanye harimo Umutekano, Kwirinda no gukumira ibiza, Ubwisungane mu kwivuza, Ejo heza n’izindi; agezwaho ibibazo n’ibyifuzo bitandukanye, bihabwa umurongo.

Ku munsi wa gatatu w’uruzinduko, ku itariki ya 10 Nzeri 2022,  Guverineri w’ Intara y’Iburengerazuba, Bwana Habitegeko francois ari kumwe n’abagize inama y’Akarere y’umutekano itaguye, basuye ibikorwa byo kurwanya isuri mu Murenge wa Kintobo, birimo amaterasi ndinganire, amaterasi yikora ndetse n’imiringoti ifata amazi mu mashyamba, nyuma yaganiriye n’abahagarariye ibyiciro bitandukanye kuva ku rwego rw’Isibo kugera ku rw’ Umurenge bo mu Murenge wa Kintobo, baganira ku mutekano, kurwanya isuri, Ejo heza, MUSA, kwitabira gahunda y’urukingo rwa Covid 19…


URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →

INAMA YAGUYE Y’UMUTEKANO YATERANYE YIGA KU NGINGO ZITANDUKANYE

kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…

Read more →

RUBAYA: ISOKO RISHYA RY’IMBOGA N’IMBUTO RYITEZWEHO GUTEZA IMBERE UBUCURUZI

Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…

Read more →

Kintobo:Meya Mukandayisenga yakiriye Hon.Dusingizemungu mu muganda usoza ukwezi kwa Werurwe

Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…

Read more →

BIGOGWE:IBUYE FATIZO RYASHYIZWE AHAGIYE KUBAKIRWA IMIRYANGO 30

Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…

Read more →

UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMUGOREGORE WIZIHIRIJWE MU MURENGE WA SHYIRA

Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…

Read more →

URUBYIRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →
-->