URUZINDUKO RWA MINISITIRI W’URUBYIRUKO MU KARERE KA NYABIHU
Minisitiri w’Urubyiruko, Hon. MBABAZI RoseMary MUGISHA, yasuye Akarere ka Nyabihu, kuri uyu wa 16/11/2018, yakiriwe n’umuyobozi w’Akarere, Mrs MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe n’abayobozi batandukanye ku rwego rw’Akarere. Uyu muyobozi akigera mu Karere yabanje kugirana inama n’abagize Komite Nyobozi y’Akarere ka Nyabihu, abagize inzego z’umutekano n’abakozi b’Akarere, iyo nama yari igamije muri make, gukangurira abayobozi bari bayiteraniyemo, guharanira guteza imbere urubyiruko. Iyi nama yabereye mu cyumba cy’inama cy’Akarere. Nyuma y’inama, Hon. Minister w’Urubyiruko n’abayobozi batandukanye basuye Agakiriro ka Jenda, gaherereye mu MUrenge wa Jenda, gakorerwamo imirimo y’ubukorikori nk’ububaji, gusudira.. Nyuma y’aho aba bayobozi basuye ikigo cy’urubyiruko cyitwa MIJEUNE, gikorera mu Murenge wa Karago, Akagari ka Cyamabuye, Umudugudu wa Kinyanja. Hasuwe nanone inzu yo gucururizwamo ibikorerwa mu Karere ka Nyabihu (Show house) ikorera mu Murenge wa Mukamira. Hasuwe kandi inzu izajya yogerezwamo umusaruro wa Karoti, yubatse mu Murenge wa Mukamira. Minisitiri w’Urubyiruko n’abayobozi bari kumwe basuye nanone Ishuri rya TVET riherereye mu Murenge wa Mukamira. Abayobozi basuye Stand y’ibikorwa by’urubyiruko byamurikiwe mu cyumba cy’inama cy’Akarere, aho uru rubyiruko rwerekanye ibikorwa bitandukanye rukora muri gahunda yo kwiteza imbere, birimo; Imitako Ubworozi bw’inkoko za kijyambere Imyambaro… Nyuma yo gusura ibikorwa mu Karere ka NYabihu, Hon. Minister yagiranye inama n’inzego zihagarariye urubyiruko kuva ku Kagari kugera ku Karere. Iyi nama yitabiriwe n’urubyiruko rugera kuri 285. Abitabiriye inama bahawe urubuga rwo gutanga ibitekerezo ku iterambere ryabo, baganira no ku bibazo bibugarije.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…