URUZINDUKO RWA SENATERI
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe n’Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyabihu, Bwana Gasarabwe Jean Damascene, bakiriye Honorable Senator Nyinawamwiza Laetitia ari kumwe na Prof. Harelimana Jean Bosco; Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative( RCA), aho bagiranye ikiganiro kuri uyu wa gatatu, tariki ya 04 Werurwe 2020 n’abagize Komisiyo y’ubukungu mu Nama Njyanama y’Akarere, abakozi ku rwego rw’Akarere bafite amakoperative mu nshingano, abayobozi b’amakoperative bahagarariye abandi.
Muri iki kiganiro hagaragajwe imikorere y’amakoperative mu Karere ka Nyabihu muri rusange, hagaragazwa kandi ibyo iri tsinda rya Komisiyo ya Sena y’iterambere ry’ubukungu n’imari ryabonye mu makoperative atanu ryasuye mu gihe cy’iminsi ibiri; ayo makoperative ni KOAIKA, KOZAMIKOKI, COIMU, COOPTEGA na SACCO Isoko y’amajyambere ya Mukamira.
Hatanzwe ibitekerezo bigamijwe ko amakoperative agomba kugira uruhare mu guteza imbere abanyamuryango bayo, atanga inyungu y’ubwasisi ku banyamuryango buri mwaka. Ubuyobozi bw’Akarere bwiyemeje ko bugiye kurushaho gukurikirana imikorere y’amakoperative;
Hagaragajwe ikibazo cya Koperative ya COIMU yifuza guhabwa ikusanyirizo ry’ibirayi basaba ko cyakwitabwaho kugira ngo ikomeje kwiteza imbere. Iki kiganiro kandi cyitabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Habanabakize Jean Claude.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…