URUZINDUKO RW’ABADEPITE
Uyu munsi, kuwa kabiri, tariki ya 15 Nyakanga 2025, Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyabihu, Bwana Habanabakize Protais ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Habanabakize Jean Claude, yakiriye itsinda ry’Abadepite mu Nteko ishinga amategeko bakorera muri Komisiyo y’ubumwe, uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside, rigizwe na Honorable Mukamana Alphonsine na Honorable Mushimiyimana Lydie, bari baherekejwe n’umukozi mu Nteko ishinga amategeko.
Aba badepite bagiriye uruzinduko mu Karere ka Nyabihu, mu rwego rwo kuganira n’Abayobozi b’Akarere mu nzego zitandukanye, abafatanyabikorwa mu bikorwa by’ubumwe n’ubudaheranwa, hagamijwe kurebera hamwe uko ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda buhagaze n’aho Akarere kageze gafasha abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu rwego rwo kurushaho guteza imbere ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda.
Nyuma yo kugaragarizwa n’ubuyobozi bw’Akarere ishusho y’uko Akarere gahagaze mu ngingo zitandukanye zari zikubiye mu isobanurampamvu yatanzwe, abitabiriye batanze ibitekerezo, inyunganizi, barebera hamwe ku mbongamizi zihari no gushakira hamwe igisubizo mu kurushaho guteza imbere ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda.
Nyuma y’ibiganiro, uruzinduko rwabo rwakomereje mu Murenge wa Mukamira, mu bikorwa bikurikira;
Gusura itsinda ry’ubumwe n’ubudaheranwa rihuriwemo n’abakoze Jenoside ndetse n’abayirokotse, urubyiruko rukomoka muri ibi byiciro byombi, harebwa ibimaze kugerwaho.
Gusura uwarokotse Jenoside utishoboye wasaniwe inzu mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatustsi.
Hasuwe kandi umuryango urimo uwakoze Jenoside agahanwa akaba yararangije igihano yari yarahawe.
Abadepite bashimye muri rusange Akarere ka Nyabihu, bashima intambwe imaze guterwa basaba ko ibikorwa biteza imbere ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda bikomeza gutezwa imbere.
Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…
Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…
Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…