URUZINDUKO RW’ABAFATANYABIKORWA MURI GAHUNDA YO KURWANYA IMIRIRE MIBI
Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 28 Nzeri 2022, Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe imibereho myiza, Bwana Simpenzwe Pascal yakiriye itsinda riyobowe na Peresida wa Board ya CRS ku rwego rw’isi, Bwana Briana Wenger ari kumwe n’abandi bayobozi bagize board y’umushinga CRS n’abandi bayobozi ba CRS Rwanda harimo uhagarariye CRS na Chief of party umuyobozi wa program ya Gikuriro kuri bose , umushinga ukorera mu Karere ka Nyabihu.
Igikorwa nyirizina cyari ugusura ibikorwa by’ Umushinga Gikuriro kuri bose ikorera mu Karere ka Nyabihu ndetse no kuganira n’abagenerwabikorwa b’umushinga Gikuriro kuri bose, urwo ruzinduko rukaba rwakorewe mu Murenge wa Mukamira , Akagali ka Rugeshi, Umudugudu wa Cyinkenke.
Muri cyo gikorwa hakaba hasuwe Irerero rigizwe n’ibyumba bibiri (2) birererwamo abana bari hagati y’imyaka 3-6 bagezwaho serivisi mbonezamikurire , habaye igikorwa cya cooking demonstration aho basobanuriwe ibikorwa bikorerwa ku Midugudu, aho ababyeyi bigishwa gutegura indyo yuzuye ndetse banahabwa inyigisho zibafasha kwita ku muryango ndetse n’umwana by’umwihariko, ndetse no kwigishwa urahare rw’akarima k’igikoni mu gutegura indyo yuzuye, barebeye hamwe uruhare rw’umushinga mu kwita no gutanga service ku bana bafite ubumuga, ndetse no kurebera hamwe uruhare rw’amatsinda yo kwizigamira hagamijwe kuzamura ubushobozi bw’umuryango no gufasha mu gukumira no kurwanya imirire mibi n’igwingira.
Abashyitsi bashimye ibikorwa bya Gikuriro kuri bose ndetse na Gikuriro Program ku ruhare byagize ku gukumira no kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana bato mu Karere ka Nyabihu, aho bagaragaje nk’ Akarere , mu kugabanya igwingira ryavuye kuri 59% rigera kuri 47.6% ni intambwe ishimishije, kandi ko ubufatanye bwa CRS n’Akarere binyuze mu mushinga batera inkunga buzakomeza.
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu ijambo rye yashimiye ubuyobozi bwa CRS ku bikorwa bigamije iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage bakomeje gukorera mu Karere ka Nyabihu, aho yagarutse ku ruhare rwa Gikuriro Program, akomeza avuga ko Gikuriro kuri bose ifatanyije n’Akarere bazakora ibishoboka byose intego yabo yo gukumira no kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana bato ikagerwaho.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…