URUZINDUKO RW’ABAKOZI BA BANKI Y’ISI MU KARERE.

Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 01 Ukwakira 2024, itsinda ry’abakozi riturutse muri Banki y’isi( World Bank: WB), mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi (Rwanda Transport Development Agency) :RTDA), ba rwiyemezamirimo (Contractors na Consultants), bagiriye uruzinduko mu Karere ka Nyabihu, baje mu gikorwa cyo gusura imihanda y’ubuhahirane ( Feeder roads) iri kubakwa mu gice cya Gishwati. Iyi mihanda ifite uburebure bureshya n’ibirometero mirongocyenda na bitatu (93kms).

Iki gikorwa cyatangiriye ku biro by’Akarere ka Nyabihu, aho Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere , Bwana Mugiraneza David, yahaye ikaze abitabirye iki gikorwa, akaboneraho umwanya wo kubashimira ubufatanye bwabo n’Akarere ka Nyabihu.

Nyuma y’inama yabereye ku Karere, basuye imihanda ikurikira iherereye mu bice bya Gishwati, ariyo: Umuhanda wa Nteranya- Kareba, Arusha-Mizingo- Masha, Kagogo-Gakamba, Kibisabo- Mulinga na Rugamba-Gihirwa;  hagamijwe kugenzura uko uyu mushinga ushyirwa mu bikorwa no kumenya niba nta buvugizi bwihariye bukenewe kugira ngo binoge neza kurushaho.

Muri iki gikorwa cyo gusura, hagaragaye ko hakenewe gukomeza gukora ubuvugizi hakaboneka ingengo y’imari, bityo ahakenewe inzira z’amazi( Rigoles) hose zigashyirwaho, ndetse n’imikingo igashyirwaho inkuta ziyifata( Retaining walls) byose bigamije kubungabunga imihanda no kuyirinda kwangirika.

Igikorwa cyasorejwe mu Murenge wa Mukamira, gisozwa n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, washimiye cyane Banki y’isi ubufatanye bwayo n’Akarere mu ishyirwamubikorwa ry’imishinga itandukanye, yakomeje abizeza ko Akarere kazakomeza gusigasira ibyagezweho, anasaba ko ubufatanye bwakomeza no mu yindi mishinga.


ICYUMWERU CY’UMUJYANAMA, UMWANYA WO KWEGERA ABATURAGE

Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…

Read more →

URUGENDO SHURI KU KWESA IMIHIGO MU KARERE KA NGOMA

Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…

Read more →

NYABIHU: HATERANIYE INTEKO RUSANGE YA 28 Y’INAMA Y’IGIHUGU Y’URUBYIRUKO

Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…

Read more →

IKIRARO CYO MU KIRERE CYA SHYIRA, CYATEJE IMBERE IMIGENDERANIRE N’UBUHAHIRANE

Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…

Read more →

UBUKANGURAMBAGA KU GUKUMIRA NO KURWANYA IMIRIRE MIBI N’IGWINGIRA MU BANA BATO

Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…

Read more →

TRANSPARENCY INTERNATIONAL RWANDA MU NAMA KU IGENAMIGAMBI N’IMITANGIRE YA SERIVISI

Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…

Read more →

URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →
-->