URUZINDUKO RW’ABAKOZI BA GMO
Itsinda ry’abakozi baturutse mui GMO ( Gender Monitoring Office) riyobowe na Madamu Mwiseneza Julienne, ryasuye Akarere ka Nyabihu, rigamije kureba uko ihame ry’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore ryubahirizwa mu itegurwa ndetse n’ishyirwamukorwa ry’ingengo y’imari y’Akarere.
Nyuma y’inama yabereye ku Karere, bakoranye na Acting Division Manager w’Akarere ka Nyabihu, Bwana Twagirayezu Jean Paul ari kumwe n’abakozi bo mu ishami ry’igenamigambi hamwe n’umukozi ushinzwe iterambere ry’umuryango mu Karere, habayeho gahunda yo gusuzuma inyandiko z’uko Gender Budget Statement (GBS) ya 2020-2021 yashyizwe mu bikorwa n’aho GBS 2021-2022 igeze ishyirwa mu bikorwa, ndetse no kureba uko 2022-2023 yateguwe kugira ngo irusheho kunozwa.
Baboneyeho umwanya wo gusura ibikorwa byakozwe muri GBS 2020-2021 mu Mirenge ya Mukamira na Rambura, aho hasuwe; imiryango ibiri( Umuryango umwe uyobowe n’umugabo n’undi muryango umwe uyobowe n’umugore) yorojwe muri gahunda ya Girinka
Hasuwe kandi abana b’abakobwa babyaye, bakigishwa umwuga wo kudoda, bagahabwa imashini mu rwego rwo kureba ibyo bamaze kugeraho
Hasuwe nanone itsinda ry’abana b’abakobwa babyaye, babarizwa mu Murenge wa Mukamira, ku buryo bwo gutegura udushinga duto duto tubyara inyungu, bagahabwa inkunga.
Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…
Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…
Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…