URUZINDUKO RW’ABAKOZI BA WORLD BANK, RBC, NCDA
Itsinda ry’abakozi baturutse muri Banki y’isi (World Bank), mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana ( NCDA), bagiriye uruzinduko mu Karere ka Nyabihu, kuri uyu wa kane, tariki ya 20 Mutarama 2022, hagamijwe gusura ibikorwa bigamije kurwanya imirire mibi binyuze mu mushinga wo gukumira no kugabanya igwingira ( Stunting Prevention and Reduction Project SPRP).
Muri uru ruzinduko hasuwe ibikorwa bitandukanye, birimo Urugo mbonezamikurire rwa Kijote, ruherereye mu Murenge wa Bigogwe, Akagari ka Kijote, basuye kandi Igikoni cy’Umudugudu, aho basobanuriwe imikorere y’igikoni cy’Umudugudu, ibikorwa by’abajyanama b’ubuzima harimo gupima abana hifashishijwe umunzani, MUAC, ndetse n’umusambi (Length mat) maze basobanurirwa uruhare rw’ibyo bikorwa mu kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana bato.
Aba bakozi, nyuma yo gusura ibikorwa mu Murenge wa Bigogwe bakomereje uruzinduko rwabo mu Murenge wa Kabatwa, aho barebye ikoreshwa ry’ifishi y’imikurire y’umwana ikomatanya ibikorwa 22, basobanurirwa uburyo ikora kuva mu muryango, mu Mudugudu, mu Kagari no mu Murenge; ndetse n’umusaruro uboneka mu gukurikirana imikurire y’umwana hagamijwe kumurinda imirire mibi.
Nyuma yo gusura ibikorwa biterwa inkunga n’umushinga SPRP, abashyitsi bakoranye inama n’ubuyobozi bw’Akarere aho bwagaragarijwe ibyakozwe ndetse n’impinduka byagize mu Karere ka Nyabihu, bagaragarijwe kandi ingamba Akarere gafite mu rwego rwo gukomeza kurwanya imirire mibi n’igwingira bikigaragara mu Karere. Bakiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madame Mukandayisenga Antoinette.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…