URUZINDUKO RW’ABASENATERI MURI GAHUNDA YO KWIZIHIZA UMUNSI WA DEMOKARASI

Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 18 Nzeri 2018, mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Nyabihu, habereye ikiganiro kijyanye na gahunda y’umunsi mukuru mpuzamahanga wa Demokarasi. Icyo kiganiro cyatanzwe na Hon. Senateri SINDIKUBWABO Jean Nepomuscene, Hon. Senateri KAGOYIRE Bishagara Therese bari kumwe n’umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu MUKANDAYISENGA Antoinette. Hari kandi abatumirwa baturutse mu nzego zitatandukanye bitabiriye iyi nama; Abagize Inama Njyanama ku rwego rw’Akarere ka Nyabihu, Abagize Komite Nyobozi y’Akarere ka Nyabihu, Abahagarariye inzego z’umutekano ku rwego rw’Akarere, Abayobozi b’amadini n’amatorero akorera mu Karere, Abahagarariye abandi mu nzego zitandukanye zikorera mu Karere. Ku murongo w’ibyigwa hari igisobanuro, uko Demokarasi yumvikanaga mbere y’ubukoroni, uko abakoroni basenye indangagaciro za Demokarasi y’umwimerere nyarwanda, ingero zifatika z’uko U Rwanda rwubahiriza amahame ya Demokarasi. Nyuma y’iki kiganiro cyabereye mu cyumba cy’inama cy’Akarere, aba bayobozi bakomereje mu nteko y’abaturage yabereye mu Murenge wa Bigogwe, aho Hon. Senateri SINDIKUBWABO Jean Nepomuscene yatanze ikiganiro kuri Demokarasi agiha abaturage bo mu Murenge wa Bigogwe, ahahuriye Utugari tubiri twa Kijote na Rega. Muri iki kiganiro hari abayobozi batandukanye ku nzego z’Akarere n’Umurenge; Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Umuyobozi w’Ingabo mu Karere ka Nyabihu, Uhagarariye NISS mu Karere ka NYabihu, Abahagarariye amadini, Abagize Inama Njyanama ku Murenge no ku Tugari, Abahagarariye CNF, CNJ na NCPD, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari, Abavuga rikumvikana.

ICYUMWERU CY’UMUJYANAMA, UMWANYA WO KWEGERA ABATURAGE

Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…

Read more →

URUGENDO SHURI KU KWESA IMIHIGO MU KARERE KA NGOMA

Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…

Read more →

NYABIHU: HATERANIYE INTEKO RUSANGE YA 28 Y’INAMA Y’IGIHUGU Y’URUBYIRUKO

Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…

Read more →

IKIRARO CYO MU KIRERE CYA SHYIRA, CYATEJE IMBERE IMIGENDERANIRE N’UBUHAHIRANE

Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…

Read more →

UBUKANGURAMBAGA KU GUKUMIRA NO KURWANYA IMIRIRE MIBI N’IGWINGIRA MU BANA BATO

Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…

Read more →

TRANSPARENCY INTERNATIONAL RWANDA MU NAMA KU IGENAMIGAMBI N’IMITANGIRE YA SERIVISI

Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…

Read more →

URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →
-->