URUZINDUKO RW’AMBASADERI W’UBWONGEREZA

Ku wa kabiri, tariki ya 03 Kamena 2025, Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe n’abagize Inama y’umutekano itaguye y’Akarere, yakiriye Ambasaderi w’Ubwongereza mu Rwanda (UK High Commissioner) Madamu Alison Thorpe wari kumwe n’Umuyobozi wa (World Food Program WFP) mu Rwanda, Bwana Andrea Bagnoli. Hari kandi Umuyobozi mukuru ushinzwe imibereho y’abaturage  muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana Gahiganwa Godfrey n’Umuyobozi mukuru wa LODA, Madamu Nyinawagaga Claudine.

Aba bashyitsi bagiriye uruzinduko rw’akazi mu Karere ka Nyabihu, rugamije gusura ibikorwa biterwa inkunga n’Ikigega cya FCDO ( Ikigega cya Commonwealth gitera inkunga ibikorwa by’iterambere), basuye;

 --Transit Centre ya Kijote ihereye mu Murenge wa Bigogwe/Bikingi, yakira by’agateganyo impunzi ziturutse muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, aho basuye abarimo ndetse bareba na servisi zitandukanye zihatangirwa,

-Ishuri ry’imyuga rya Impact Hope Rwanda, riterwa inkunga na LODA, riherereye mu Murenge wa Jenda, Akagari ka Bukinanyana,

-Ibikorwa by’amaterasi biterwa inkunga na LODA, mu Murenge wa Bigogwe, Akagari ka Kijote, Umudugudu bwa Busasamana,

-Umurenge SACCO, mu Murenge wa Bigogwe, Akagari ka Rega, Umudugudu wa Ngagare; harebwa imikorere n’imitangire ya Serivisi,

-Abashyitrsi bari kumwe n’Abayobozi b’Akarere basuye kandi  serivisi zo kwita ku mikurire  y’abana no kwita ku babyeyi batwite mu kigo nderabuzima cya Bigogwe, gihereye mu Murenge wa Bigogwe, Akagari ka Kijote, Umudugudu wa Kazuba.


URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →

INAMA YAGUYE Y’UMUTEKANO YATERANYE YIGA KU NGINGO ZITANDUKANYE

kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…

Read more →

RUBAYA: ISOKO RISHYA RY’IMBOGA N’IMBUTO RYITEZWEHO GUTEZA IMBERE UBUCURUZI

Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…

Read more →

Kintobo:Meya Mukandayisenga yakiriye Hon.Dusingizemungu mu muganda usoza ukwezi kwa Werurwe

Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…

Read more →

BIGOGWE:IBUYE FATIZO RYASHYIZWE AHAGIYE KUBAKIRWA IMIRYANGO 30

Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…

Read more →

UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMUGOREGORE WIZIHIRIJWE MU MURENGE WA SHYIRA

Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…

Read more →

URUBYIRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →
-->