URUZINDUKO RW’UMUNYAMABANGA WA LETA MURI MINISITERI Y’IBIKORWA REMEZO
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo, Eng. Uwase Patricie, yagiriye uruzinduko mu Karere ka Nyabihu, kuri uyu wa kane, tariki ya 12 Gicurasi 2023, yitabira inama ya Command Post y’Akarere ishinzwe gukorerwamo gahunda zose zijyane n’imicungire y’ibiza, aho yakiriwe n’Umuyobozi w’Akarere, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe na CP Vianney Nshimiyimana n’abandi bagize command post. Ni muri gahunda yo kureba aho ibikorwa byo kwita ku miryango yagizweho ingaruka n’ibiza bigeze no guhumuriza abaturage.
Nyuma y’inama ya command post, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwa remezo ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, basuye ikiyaga cya Nyirakigugu giherereye mu Murenge wa Jenda, kirimo kuzura gisatira ingo z’abaturage. Aba bayobozi bakomeje basura sites zicumbikiweho imiryango y’abagizweho ingaruka n’ibiza: Site ya Kibisabo mu Murenge wa Rambura, Nanga mu Murenge wa Mukamira, EAR Mukaka iherereye mu Murenge wa Shyira.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…