VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa by’umushinga Health Poverty Action byabereye mu Murenge wa Karago ku ruganda rw’Icyayi –Nyabihu Tea Factory-,umushinga wagize uruhare rukomeye mu guteza imbere imibereho y’abagore n’imiryango yabo.
Mu bikorwa bishimirwa by’uyu mushinga harimo guhugura abagore bahohotewe, kubafasha kwihangira imirimo, kubashakira akazi binyuze mu bufatanye n’inganda zitandukanye, aho abagera ku 2,110 babonye akazi . Umushinga wanatanze amahugurwa ku buringanire, ushyiraho amatsinda yo kwizigamira no kugurizanya, ndetse wubaka ibyumba 50 by’ubwiherero bifasha mu isuku n’isukura.
Mu butumwa bwe, Visi Meya Simpenzwe yashimiye ubuyobozi n’abakozi ba Health Poverty Action ku musanzu bateye mu iterambere ry’abaturage, abasaba gusigasira no kurushaho kubyaza umusaruro ibyo umushinga wabagejejeho, kugira ngo bakomeze gutera imbere mu buryo burambye.
Uyu mushinga wasize ushimangiye ubufatanye hagati y’inzego z’ibanze n’abafatanyabikorwa mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…